Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 June » ABAFITE ABANA BAFITE UBUMUGA BWO MU MUTWE BARERERA MURI HVP GATAGARA BARASABA ABABYEYI KUJYA BABAGARAGAZA. – read more
  • 14 June » Abigisha gutwara ibinyabiziga basuye Urwibutso rwa Bisesero, boroza inka abarokotse Jenoside – read more
  • 13 June » Amajyaruguru:Abahinzi n’aborozi barashimira Sonarwa itabatererana mu bihombo bahura nabyo – read more
  • 10 June » AMAVUBI ASOJE IMIKINO YA GICUTI NTA GITEGO YINJIJE. – read more
  • 9 June » URUNTURUNTU I BURAYI, NINDE UKWIYE UMUPIRA WA ZAHABU? – read more

Nyabihu: Umushumba arakekwaho kwica mugenzi we bapfuye memory card ya radiyo

Saturday 23 July 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Mu murenge wa Bigogwe, mu karere ka Nyabihu, akagari ka Rega umusore w’umushumba w’inka witwa Byukusenge arakekwaho kwica mugenzi we uri mu kigero cy’imyaka 18 witwa Irankunda amuteye icyuma.

Nyuma yo kwica uyu musore habayeho kwihorera abaturage baturanye na nyakwigendera batera ukekwaho kumwica bamukubita amabuye bamusiga ari intere; kuri ubu nawe yahise ajyanwa mu bitaro bikuru bya Ruhengeri kugira ngo avurwe.

Aba bashumba bombi, nkuko bivugwa bakaba bahuriye mu nkengero z’ishyamba rya Gishwati ari batandatu aho bashakaga ubwatsi bw’amatungo barimo kwahira. Nyuma ngo baje gushyamirana bapfuye radiyo yarimo memory card nkuko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bigogwe yabitangarije mamaurwagasabo.

Gitifu w’umurenge wa Bigogwe, Robert Muhirwa yagize ati "Nibyo Koko ayo makuru ni impamo, ahagana saa 8h30’ z’amanywa nibwo abo bahungu babiri b’abashumba batonganye bivamo no kuba umwe yishe mugenzi we amuteye icyuma arapfa."

Uyu muyobozi yakomeje agira ati "Bikimara kuba bahise bihorera bahondagura uwo musore bamuteragura ibyuma, mu gihe Polisi y’u Rwanda yahise iza gutabara imwamururaho abo bashakaga kwihorera ariko basanze nawe ari intere, kugeza ubu rero nawe bamujyanye mu bitaro bikuru bya Ruhengeri."

Kugeza ubu inzego z’umutekano ntacyo ziratangaza kuri uru rupfu gusa amakuru yizewe mamaurwagasabo yabashije kumenya ni uko abakoze urugomo rwo kwihorera bagera kuri batanu bafashwe bari mu maboko ya polisi ariko abandi bakomeje gushakishwa.

Abo bakekwaho ko bafatanije icyaha mu kwica Iradukunda kimwe n’abashatse kwihorera kuri ubu nabo bamaze kugera mu maboko ya Polisi ikorera mu karere ka Nyabihu.

Ubwo twakoraga iyi nkuru inzego zibishinzwe zaracyakora iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye uru rupfu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru