Umuturage utuye mu murenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare, arashinja umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Nyakabungo kwanga gushira umwana ku cyiciro ubu akaba atabona uburyo bwo kumuvuza.
Ni uwitwa Nyiraneza Anonciata uvuga ko yagannye ubuyobozi bw’akagari ka Nyakabungo ngo umwana we ashirwe ku cyiciro, ariko ubuyobozi bukamwangira ngo ntiyitabira service za Leta ubu aka ari kugorwa no kuvuza umwana.
Mu gahinda kenshi ati"Nagiye kwa gitifu nshaka ko ashyirira umwana ku cyiciro nkabona uko mutangira mituelle maze gitifu ambwira ko atamfasha ngo ntagahunda za Leta njya nitabira kandi yaba umuganda, ejo heza ndetse n’izindi gahunda zose turazitabira yewe n’umugabo wange arara irondo niba rero bashaka ko tuzajya mu bugande ntibyo ntazi rwose."
Abajijwe uburyo umwana yivuza yagize ati"rwose tuyoboka amafarumasi tukagura imiti kandi iba inahenze urugero ejo bundi umwana yari yarwaye urukororo ariko byasabye ko njya kugura imiti kugira avurwe kuko kwa muganga ntibashobora kumpa serivise nta mituelle’’.
Umugabo we akaba na se w’umwana arabihamya akavuga ko uyu muyobozi yavuze ko atazigera aha servise uyu muryango. Nawe yongeyeho ati"Ubundi mu muryango wange gitifu ntashobora kuduha serivise nge byaranyobeye usanga abandi bajyayo akabakira ariko twe ntashobora kudukorera".
Mu gushaka ukuri ku bivugwa n’aba baturage twagerageje kuvugisha uyu muyobozi maze yanga kugira icyo adutangariza ati muzabibaze Ku murenge.
Uyu muyobozi yagize ati"Ndumva mwagenda mukabibaza ubuyobozi bw’umurenge kuko nibwo bufite amakuru ahagije bwabaha’’.
Umunyamabanga nshingwa bikorwa w’umurenge wa Kiyombe Akwasibwe Eric avuga ko aya makuru atariyo ko bibaye aribwo uyu muturage yagana inzego zindi zikamufasha.
Ati"rwose haramutse hari umuturage wahawe serivise mbi yatugana kandi twamufasha naho ibyo bivugwa ntabwo ari byo barabeshya’’.
Ntibikunze kubaho cyane ko umuturage yimwa service gusa usanga ahenshi mu mirenge baboneraho kwishyuza umuturage amafaranga amwe n’amwe kugira bamuhe serivise kandi ibyo bikaba bituma abaturage bahitamo kwiyaranja bakishakira inzira.
























