Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Nyanza: Umugabo akurikiranyweho kwica umwana mu igihe umugore we amucitse

Thursday 3 September 2020
    Yasomwe na

Umugabo witwa Ngarukiye Samuel wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza yatawe muri yombi n’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, akurikiranyweho kwica umwana w’umugore we amutemesheje umuhoro amuziza ko atamubyaye.

Ubwo bwicanyi bwabaye kuri uyu wa Gatatu mu Mudugudu wa Mubano mu Kagari ka Rwotso aho Ngarukiye w’imyaka 39 yabanaga n’umugore we Mukangamije Gerardine.

Amakuru y’ibanze ava muri uwo murenge avuga ko Ngarukiye yahoraga atoteza umugore we amuziza ko umwana yabyaye w’imyaka itatu atari uwe akamushinja ko yaje amutwite nk’uko inkuru y’Igihe ibivuga

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibirizi, Nsengumuremyi Théoneste, yabwiye IGIHE ko kuri uyu wa Gatatu uwo muryango wagiranye amakimbirane, umugabo yirukanka ku mugore aramusiga ahita afata umwana aramutemagura.

Ati "Umugore amaze kumucika ahita afata umwana w’imyaka itatu aramutemagura. Uwo mugabo yafashwe afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Muyira."

Bivugwa ko uwo Ngarukiye yashinjaga Mukangamije ko yamushatse atazi ko atwite inda y’amezi abiri, bigatuma bahora mu makimbirane.

Kuri ubu umubiri w’umwana wishwe wajyanywe ku Bitaro bya Nyanza gukorerwa isuzuma.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru