Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Ishami rya ONU rishinzwe kwita ku biribwa kwisi, PAM, rivuga ko incubi y’umuyaga Idai yateye akarere ka Afrika y’amajyepfo haciye iminsi cumi n’ibiri, iyi nkubi y’umuyaga yishe ibihingwa byatunga abenegihugu umwaka wose mu bice by’ibihugu bya Mozambike, Malawi na Zimbabwe.
David Beasley uyoboye iryo shyirahamwe yatangarije BBC dukesha iyi nkuru ko abahinzi batakaje byose, kandi ko hakenewe imfashanyo yihuta y’amafaranga kugira ngo bashobore guhangana n’icyo kiza biboneka nkaho gishobora kumara igihe kirekire.
Inkubi y’umuyaga Idai yabomoye amazu ibihumbi n’ibihumbi mu gihugu cya Mozambike, aho abantu barenga miliyoni n’ibihumbi 800 bakeneye imfashanyo.
Mu gihe hari ubwoba ko hashobora kwaduka indwara z’inzaduka zivuye ku mazi mabi, ishami rya ONU ryita ku buzima kw’isi, OMS, ryamenyesheje ko ryongereye imiti hafi ibihumbi 900 yo gukingira kolera. Bikaba bitaganyijwe ko iyi miti izahagera mu minsi 10 iri imbere.
Ishirahamwe ritabara imbabare kw’isi, Fédération Internationale de la Croix Rouge et du Croissant Rouge (IFRC), riherutse kumenyesha ko indwara ya kolera yatangiye kugaragara mu nkengero z’umujyi wa Beira mu gihugu cya Mozambike, umujyi wasizwe iheruheru niki cyiza cy’inkubi y’umuyaga cyiswe Idai.
Inkubi ya Idai yageze mu mujyi wa Beira utuwemo n’abantu ibihumbi 500 ku wa 14 werurwe, ifite umuvuduko w’ibirometero birenga 177 kw’isaha.
Inkuru ya BBC

















