Mutungirehe Samuel
Inteko Ishinga amategeko yo muri Pakistan yatoye itegeko ryemerera inzego z’ubutabera gukaza ibihano bizajya bihabwa abahamwe n’icyaha cyo gufata ku ngufu abagore n’abakobwa birimo no kubatera umuti uca umurego igitsina gabo cyabo.
Iri tegeko ryemerera inkiko guhanisha abahamwe n’ibyo byaha giterwa imiti igabanya ubushake n’umurego imyanya ndangagitsina ku buryo itazongera kugira ubushake cyangwa ubushobozi bwo gukora imibonano mpuzabitsina.
Abadepite bavuze ko ibyo bikozwe mu rwego rwo gucubya imibare y’ibyaha byo gufata ku ngufu bimaze igihe bigaragara cyane muri Pakistan mu myaka mike ishize.
Biturutse kandi ko hshize igihe hari abaturage bagiye bagaragariza Leta yabo ko ibikorwa n’inzego z’ubutabera mu guhanga abahamijwe ibyo byaha nta musaruro biri gutanga ngo ibyo byaha bigabanuke.
Muri iri tegeko kandi harimo n’uko uwahamijwe icyo cyaha ashobora no gukatirwa igihano cy’urupfu ku babikoranye ubugome ndengakamere.















