Urwego rw’igihugu rw’itangazamakuru RBA rwatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 05 Nzeri 2021, kizagirana ikiganiro na Perezida Paul Kagame.
Byatangajwe mu itangazo ryatangajwe ku rukuta rwa Twitter rwa RBA kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Nzeri 2021.
Iri tangazo rirarika abantu kuzakurikirana iki kiganiro, rigira riti “Tubararikiye Ikiganiro cyihariye Perezida Paul Kagame azagirana na RBA ku Cyumweru. Iki kiganiro kizanyura ku bitangazamakuru byacu no ku mbuga nkoranyambaga guhera 11:00.”
Perezida Kagame yaherukaga kuganira na RBA binyuze muri iki kiganiro tariki 06 Nzeri 2020 nabwo hari ku Cyumweru.
Muri iki kiganiro cyabaye ubwo u Rwanda n’Isi muri rusange yari ihanganye n’icyorezo cya COVID-19, Perezida Kagame yagaragaje uburyo u Rwanda rwari ruriho ruhangana n’ingaruka z’iki cyorezo by’umwihariko kongera kuzahura ubukungu.
Muri iki kiganiro Umukuru w’Igihugu abwira abaturage uko ubuzima bw’igihugu buhagaze mu nguni zose haha ku rwego rw’igihugu no ku rwego mpuzamahanga mu mibanire.

















