Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Perezida Kagame yaherekeje Macron wasoje uruzinduko rwe mu Rwanda (Amafoto)

Friday 28 May 2021
    Yasomwe na

Perezida Kagame Paul yaherekeje mugenzi we Emmanuel Macron wasoje uruzinduko rwe mu Rwanda amazemo iminsi ibiri, guhera kuri uyu wa kane tariki ya 27 Gicurasi 2021.

Ni uruzinduko rw’amateka Perezida Macro akoreye mu Rwanda nawe ubwe mbere yo guhaguruka yerekeza i Kigali yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter ko agiye gufungura Paji Nshya mu mubano w’Ubufaransa n’u Rwanda.

Uyu ni perezida wa kabiri w’iki gihugu ugiriye usuye u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko uheruka ari Perezida Nicoras Salkozy eaje mu 2010.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane abakuru b’ibihugu byombi bagiye kureba umukino wa kimwe cya kane wa BASKETBALL, wahzaga amakipe ane ahatanira kujya muri kimwe cya kabiri, arimo iy’u Rwanda Patriots BBC yatsinze iya Clube Ferroviário de Maputo ya Mozambique.

Ikipe ya Patriots yaraye isezereye Ferroviario yo muri Mozambique bari bahataniye kujya muri kimwe cya kabiri.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo Perezida Kagame yaherekeje ku kibuga k’indege Pereizda Macron, mu ruzinduko arimo ku mugabane w’Afurika, aho biteganyijwe ko yerekeje muri Afurika y’Epfo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru