Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Perezida Kagame yasabye ko hongerwa ingamba n’ibihano ku bafata ku ngufu abagore n’abangavu

Wednesday 8 September 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Perezida Paul Kagame yasabye ko hakwiye kongerwa ingamba ndetse n’ibihano ku bakora ihohoterwa rishingiye ku gitsina, cyane cyane gufata ku ngufu abagore no gusambanya abana bikavuramo guterwa inda z’imburagihe.

Ni ikibazo asanga bamwe mu bagikora basigaye batekereza ko ari ikintu cyemewe.

Yabitangaje ubwo yatangizaga umwaka w’ubucamanza wa 2021/2022, abwira abakora mu by’ubucamanza ko icyi kibazo kimaze gufata Indi ntera, bamwe basa n’ababigize umuco.

Yavuze ko ibyaha byo gufata ku ngufu abana bato, abangavu biga mu mashuri biri kwiyongera, ikintu asanga igihugu kitarebye neza ababikora babihindura umuco.

Ati "Ariko tugomba kugaragaza ko tubirwanya; ubwo ngira ngo nabyo bikaba byagaragarira mu kugaragara ko bigabanuka.

Ingamba, Ibihano bikwiye kwiyongera. Bikwiye kugaragarira buri wese ko tutabyemera, iyo ujenjeka, iyo uri ahooo, ndetse bimwe bigasa nkaho kuri bamwe bisa nkaho ari ibintu byemewe, ntabwo ari byo. Ntabwo ari byo, dukwiye kwisuzuma ubwacu nk’abayobozi, abacamanza, inkiko, abashinjacyaha, icyo kintu tukagikurikirana, tukagishyiramo ingufu, tukabona ko bigabanutse byanze bikunze."

Mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha mu Rwanda, itegeko rivuga ko umuntu uhamwe n’icyaha cyo gusambanya umwana ahanisha igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25, agakatirwa burundu igihe basanze yamuteye indwara idakira.

Iri tegeko naryo ryazamuwe kuri iki kigero hamaze kugaragaza ko iki cyaha kiyongera, bikaba byibazwa igituma abagikora badatinya ibyo bihano nyamara ntako bitakozwe ngo bikazwe ababitekereza barusheho kubitinya.

Abantu bamwe na bamwe ntibahwema kugaragaza ko hakwiye no gukorwa ubushakashatsi ku bakoze ibi byaha hakarebwa niba bidaterwa n’ibibazo byo mu mutwe cyangwa niba babiterwa n’ibiyobyabwenge bafata bikabatinyura kwishora muri ubwo bugizi bwa nabi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru