Mu ijambo yagejeje ko bari bateraniye mu nama nto yigaga ku kibazo cya Congo n’u Rwanda ku birimo kubera mu Burasirazuba bwa Congo, Perezida Kagame yeruye ko ntawe u Rwanda ruzasaba uruhushya rwo kurinda umutekano warwo.
Byatangajwe mu butumwa mugufi bwashyizwe ku rukuta rwa X n’Umuvugizi wa Perezidanse y’u Rwanda, Stephanie Nyombayire.
Perezida yababwiye ko igihugu cye kihagazeho kandi kiri maso ku muntu cyangwa icyo ari cyo cyose cyashaka kugihungabanya.
Yagize ati: “U Rwanda ntawe ruzasaba uruhushya rwo kwirindira umutekano cyangwa ngo rubanze kubishidikanyaho.”
Yakomeje ashimangira ko kuba rwarabuze abantu bagera kuri miliyoni 1 mu gihe gito bivuze ko ntawe ruzemerera ko yarusubiza mu bihe nk’ibyo, aho yaza aturutse hose.
Kagame yibibukije ko ikibazo cya FDLR ihora ishaka gutera u Rwanda no kurusubiza mu bihe bya Jenoside kigihari kandi ikibabaje ari uko yashyizwe no mu ngabo za RDC.
Perezida Kagame yabwiye abandi bayobozi ko u Rwanda rufite ubushake bwo gukorana n’abantu bose bifuza kandi baharanira ko ibibazo biri mu Karere bikemuka mu mahoro.
Uretse abayobozi batandukanye yahuye nabo bakaganira ku iterambere ry’u Rwanda binyuze mu bufatanye.



















