Perezida Kagame yasobanuye ko hatangira urugamba rwo kubohora igihugu hari hagamijwe kubaka igihugu giha agaciro buri munyarwanda.
Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024 ubwo u Rwanda rwizihizaga ku nshuro ya 30 umunsi wo Kwibohora.
Ni umuhango wabere kuri sitade Amahoro imaze iminsi mike itashywe ku mugaragaro nyuma yo kuvugururwa igashyirwa ku rwego rwo kwakira abantu ibihumbi 45 bivuye kuri 25.
Ni umunsi w’ibirori byaranzwe n’akarasisi ka gisirikare gasigaye kaba buri myaka itanu mu birori byo kwibohora.
Mu ijambo rye, Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yavuze ko nyuma y’urugamba rwo kwibohora, ’Abanyarwanda uyu munsi barakomeye bameze neza kurenza ikindi gihe’.
Yatangiye agira ati: "Mpereye aha turi, (stade amahoro) ni kimwe mu bigaragaza uko tugenda twiyubaka, twubaka igihugu cyacu."
Perezida Kagame yavuze ko agaciro abanyarwanda bafite nta muntu cyangwa uwo ari we wese uko yaba akomeye kose waza ngo abibakuremo.
Akomeza asobanura intego y’urugamba rwo kwibohora, ati: "Intego nyirizina y’urugamba rwo kwibohora yari ukubaka leta, imwe buri wese muri twe ahabwa agaciro kandi abaturage bazahora ari izingiro ry’ibikorwa bya Guverinoma."
Yongeyeho ko iyo ntekerezo ikwiye kuba iy’abakiri bato bagenderaho.
Ati: "Ndimo ndaha ubu butumwa by’umwihariko urubyiruko, cyane cyane abavutse mu myaka 30 ishize cyangwa mbere yaho gatoya. Iki gihugu ni mwe mugomba kukirinda, mukakirwanirira bityo kigakomeza gutera imbere. byari ngombwa kubisubiramo Ni iby’agaciro kubisubiramo ko kwibohora nyako gutangira iyi urusaku rw’imbunda rugabanutse cyangwa rutagirahi."
Umukuru w’igihugu yavuze ko icyo cyiciro cy’urugamba rw’amasasu cyarangiye mu myaka 30 ishize yongera gusaba urubyiruko guhora baharanira ko ibyagezweho bigera imbere.





















