Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Perezida Paul Kagame wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umuyobozi wa Commonwealth mu myaka ibiri iri imbere, yageze London mu Bwongereza gutabariza Umwamikazi Elizabeth II.
Twitter y’ibiro bya perezida ivuga ko ubu Perezida Paul Kagame, kuri ubu unayoboye Commonwealth yanditse ubutumwa mu gitabo cyateguwe mu nyubako yakirirwamo abanyacyubahiro, izwi nka Lancaster House, bwo kwihanganisha umuryango w’Ubwami.
Muri iki Cyumweru Perezida Kagame yaganiriye kuri telefone n’Umwami Charles III, amuha ubutumwa bumwihanganisha nyuma y’itanga ry’Umwamikazi Elizabeth II yasimbuye.
Mu butumwa Umukuru w’Igihugu yanditse kuri Twitter ye, yatangaje ko u Rwanda rwiteguye gukorana n’Umwami Charles III muri gahunda zigamije iterambere ry’abaturage bo mu bihugu bigize Commonwealth.
Perezida Kagame yerekeje mu Bwongereza avuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari amaze iminsi mu ruzinduko.
Abayobozi batandukanye bakomeje kugera mu Bwongereza aho bitabiriye umuhango wo gutabariza Umwamikazi Elizabeth II.
Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, uwa Nouvelle-Zélande, Jacinda Ardern na Anthony Albanese wa Australia bamaze kugera i Londres.
Umuhango wo gutabariza Umwamikazi uzitabirwa n’abakuru b’ibihugu na Guverinoma n’abandi banyacyubahiro basaga 500 baturutse hirya no hino ku Isi, biyongera ku bandi batumiwe aho Bose bari bube bagera ku 2000.















