Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yavuze ko abantu b’abatinganyi bari mu buyobe kuko bitandukanyije na kamere.
Yavuze ko basingijwe n’imiryango itari iya leta batwarwa n’amadolari y’abazungu.
Yagize ati: “Abo bantu bo mu miryango itari iya leta iba yahawe amafaranga n’abazungu baratubwira ngo habaho uburyo bwo kubaho bubiri, ngo hari uburyo busanzwe n’ubundi bubangikanye gusa twebwe si uko tubusobanura.”
Museveni yanavuze ko abatinganyi bahozeho muri Uganda nubwo bafatwaga nk’abayobye, ariko ngo ntibicwaga kuko hari n’uwigeze kuba umuyobozi kandi yakoze ibintu byiza.
Yakomeje avuga ko hari n’uwigeze kuba Umwami.
Ati: "Ntawabishe gusa ntanuwabasingije kuko bitigeze bifatwa nk’ibintu bisanzwe cyane ko byafatwaga nk’ubuyobe, byafatwaga nk’ibyitandukanyije na kamere bifatwa nk’ubuyobe."
Ibi Museveni abivuze kandi mu gihe mu gihugu cye hakomeje inkundura y’abashaka ko hatorwa itegeko rirengera abaryamana n’abafite ibitsina biteye kimwe.




















