Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Perezida Museveni yongeye kwikoma abatinganyi

Monday 10 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yavuze ko abantu b’abatinganyi bari mu buyobe kuko bitandukanyije na kamere.

Yavuze ko basingijwe n’imiryango itari iya leta batwarwa n’amadolari y’abazungu.

Yagize ati: “Abo bantu bo mu miryango itari iya leta iba yahawe amafaranga n’abazungu baratubwira ngo habaho uburyo bwo kubaho bubiri, ngo hari uburyo busanzwe n’ubundi bubangikanye gusa twebwe si uko tubusobanura.”

Museveni yanavuze ko abatinganyi bahozeho muri Uganda nubwo bafatwaga nk’abayobye, ariko ngo ntibicwaga kuko hari n’uwigeze kuba umuyobozi kandi yakoze ibintu byiza.

Yakomeje avuga ko hari n’uwigeze kuba Umwami.

Ati: "Ntawabishe gusa ntanuwabasingije kuko bitigeze bifatwa nk’ibintu bisanzwe cyane ko byafatwaga nk’ubuyobe, byafatwaga nk’ibyitandukanyije na kamere bifatwa nk’ubuyobe."

Ibi Museveni abivuze kandi mu gihe mu gihugu cye hakomeje inkundura y’abashaka ko hatorwa itegeko rirengera abaryamana n’abafite ibitsina biteye kimwe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru