Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Perezida Nguesso yasuye Thsisekedi baganira kuri M23

Monday 10 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Perezida wa Congo Brazaville, Denis Sassou Nguesso, yasuye umuturanyi we Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo baganira ku bibazo birimo umutwe wa M23 umaze amezi arenga atatu wigaruriye Umujyi wa Bunagana n’utundi duce.

Byari ku butumire bwa Félix Antoine Tshisekedi wa Congo DRC.

Ibitero by’umutwe wa M23 byubuye muri Gicurasi 2022, usaba Leta ya DRC kubahiriza amasezerano bagiranye i Nairobi muri Kenya, yari imbere ku murongo w’ibyaganiriwe n’aba Perezida bombi.

DRC kenshi yashinje u Rwanda kuba inyuma y’uwo mutwe, ibintu u Rwanda ruhakana ahubwo rugashinja Congo gufatanya n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR wakoze Jenoside mu Rwanda.

Perezidansi ya DRC, yatangaje ko Tshisekedi na Nguesso baganiriye ku buryo bwiza bwatuma ibibazo DRC ifitanye n’umutwe wa M23 bikemurwa.

Yagize iti “Ibibazo by’umutekano mu Burasirazuba bw’igihugu no muri Mai-ndombe n’ingaruka zabyo n’ibikorwa by’ubutabazi biri mu ngingo zaganiriweho.”

Abakuru b’ibihugu byombi basuzumye ibindi bibazo bifitemo inyungu hagamijwe gushimangira icyizere hagati y’ibihugu byombi bituranye n’abaturage babyo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru