Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Perezida Nguesso yasuye Thsisekedi baganira kuri M23

Monday 10 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Perezida wa Congo Brazaville, Denis Sassou Nguesso, yasuye umuturanyi we Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo baganira ku bibazo birimo umutwe wa M23 umaze amezi arenga atatu wigaruriye Umujyi wa Bunagana n’utundi duce.

Byari ku butumire bwa Félix Antoine Tshisekedi wa Congo DRC.

Ibitero by’umutwe wa M23 byubuye muri Gicurasi 2022, usaba Leta ya DRC kubahiriza amasezerano bagiranye i Nairobi muri Kenya, yari imbere ku murongo w’ibyaganiriwe n’aba Perezida bombi.

DRC kenshi yashinje u Rwanda kuba inyuma y’uwo mutwe, ibintu u Rwanda ruhakana ahubwo rugashinja Congo gufatanya n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR wakoze Jenoside mu Rwanda.

Perezidansi ya DRC, yatangaje ko Tshisekedi na Nguesso baganiriye ku buryo bwiza bwatuma ibibazo DRC ifitanye n’umutwe wa M23 bikemurwa.

Yagize iti “Ibibazo by’umutekano mu Burasirazuba bw’igihugu no muri Mai-ndombe n’ingaruka zabyo n’ibikorwa by’ubutabazi biri mu ngingo zaganiriweho.”

Abakuru b’ibihugu byombi basuzumye ibindi bibazo bifitemo inyungu hagamijwe gushimangira icyizere hagati y’ibihugu byombi bituranye n’abaturage babyo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru