Perezida wa Kenya, Dr. William Ruto yasabye abaminisitiri mu kanama k’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, EAC kugerageza bagakuraho imbogamizi zikibangamiye urujya n’uruza rw’ubucuruzi mu muryango.
Yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri ubwo yari asuwe n’abagize Akabama k’abaminisitiri b’Ububanyi n’amahanga mu bihugu bya EAC, mu mirimo barimo i Nairobi muri Kenya.
Ni inama iyobowe na Chairman w’aka kanama, Ambassderi Nibigira Ezechiel.
Perezida Ruto yavuze ko umuryango wa EAC ufite indangagaciro zimwe ugenderaho bityo bagomba gukora bafatanyije mu gukuraho imbogamizi ziri ku bucuruzi n’ishoramari mu karere kugira ngo hagerwe ku iterambere ry’abaturage.
Nubwo kugeza ubu nta byinshi by’imyanzuro y’iyo mama irasohoka, gusa New Times yanditse ko ibyaganiriweho hafi ya byose byagarukaga ku kuvugurura imikorere y’ubucuruzi mu bihugu byo mu karere.
Kugeza ubu Umuryango wa EAC ugizwe n’ibihugu birindwi, bimaze iminsi byiyongereyeho igihugu cya Congo RDC, gifite byinshi cyafasha kikanafashwa n’ibyo gisanze.



























