Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

URUBYIRUKO RWIYEMEJE KWIHINDURIRA UBUZIMA BINYUZE MU BUHINZI N’UBWOROZI.

Monday 26 May 2025
    Yasomwe na

Mu gihe bamwe mu rubyiruko rwo mu Rwanda bagihangayikishijwe n’ubushomeri, hari abandi bafashe iya mbere mu kwihangira imirimo binyuze mu buhinzi n’ubworozi.


Urugero ni urubyiruko rwo mu Karere ka Kayonza, rwibumbiye mu itsinda rya Power of Youth in Agriculture Modernization (PYAM), rwahisemo gukora ubuhinzi bw’akarima k’igikoni kimukanwa, aho bahinga imboga n’imbuto mu macupa n’ibiti, bakoresheje ubuhanga bwo kuhira ku buso buto.


Urubyiruko rwibumbiye mw’itsinda rya Power of Youth in Agriculture Modernization (PYAM) rukora ubuhinzi.

Mu gihe kitageze ku mwaka, bamaze kubona inyungu irenga miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda, kandi buri wese muri bo ahembwa nibura ibihumbi 40 buri kwezi .

Muri Mata 2025, urubyiruko rusaga 600 rwo mu Ntara y’Iburasirazuba rwahuriye mu biganiro byateguwe ku bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, bigamije kubashishikariza kubyaza umusaruro amahirwe ari mu buhinzi n’ubworozi.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Rubingisa Pudence, yasabye uru rubyiruko gufata aya mahirwe nk’urufunguzo rwo kwiteza imbere no gufasha bagenzi babo kubona ibisubizo by’ubushomeri .


Ibikorwa by’ubworozi bikomeje guteza imbere urubyiruko.

Ibi bikorwa by’urubyiruko bigaragaza ko ubuhinzi n’ubworozi atari umwuga w’abakuze gusa, ahubwo ari inzira y’iterambere n’imibereho myiza ku rubyiruko rw’u Rwanda.

Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru