Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Perezida Samia Suluhu agiye gushyiraho inzobere zo kwiga ku bivugwa kuri COVID-19 babone kuyifataho umwanzuro

Tuesday 6 April 2021
    Yasomwe na

Perezida mushya wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yatangaje ko agiye gushyiraho komisiyo yihariye igizwe n’impuguke mu by’ubuzima zizamufasha kugenzura ibijyanye n’icyorezo cya COVID-19 mu gihugu bigatuma guverinoma imenya igikwiye gukorwa.

Samia yavuze ko ibijyanye na COVID-19 bidashobora kwemerwa uko byiboneye cyangwa ngo bihakanwe gutyo gusa mu gihe impuguke mu by’ubuzima ntacyo zatangaje kivuye mu bushakashatsi.

Yongeyeho ko abanyatanzaniya badashobora kwitwara nkaho ari akarwa mu bijyanye na covid-19 ariko kandi ko badashobora no kumira bunguri ibintu byose bazaniwe, kandi ko badakwiye gukomeza gusoma mu bitangazamakuru ibintu byose bijyanye na covid-19 mu gihe ntacyo Tanzania ivuga kuri icyo cyorezo ngo hamenyekane umurongo nyawo.

Ikinyamakuru The Citizen dukesha iyi nkuru kibukije ko ibya COVID-19 muri Tanzania biheruka kuvugwa muri Gicurasi 2020 habarurwa abantu 509 banduye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru