Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko azagira uruhare mu buryo butaziguye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru hagati ya Irani na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bijyanye na gahunda ya nikleyeri ya Tehran iteganijwe kuba kuri uno wa kabiri i Genève, yongeraho ko yizera ko Irani ishaka cyane ayo amasezerano.
Trump yabwiye abanyamakuru bari mu ndege ya Air Force One ati: "Nzagira uruhare muri ibyo biganiro, mu buryo butaziguye. Kandi bizaba ingenzi cyane."
Udushya turimo kwiyongera mbere y’ibiganiro, mu gihe Amerika ikomeje kohereza amato n’indege z’intambara mu Burasirazuba bwo Hagati.
Abategetsi ba Amerika babwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko ingabo za Amerika zirimo kwitegura ku kintu icyo ari cyo cyose mu gihe ibiganiro byananirana.
Abajijwe ku bijyanye n’amahirwe yo kugirana amasezerano, Trump yavuze ko Irani imaze igihe kinini ihanganye cyane mu biganiro ariko yize ku byavuye mu mpeshyi ishize ubwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabaga ibitero bya bombe ku bigo bya nikleyeri bya Irani.
Trump yavuze ko muri iki gihe Irani yari ifite ubushake bwo kuganira.
Trump yongeyeho ati: “Sintekereza ko bashaka ingaruka zo kutagera ku masezerano.”
Mbere y’uko Amerika igaba ibitero muri Kamena (ukwezi kwa 6), ibiganiro hagati ya Amerika na Irani ku bijyanye n’intwaro za nikleyeri byari byarahagaze kubera icyifuzo cya Amerika cyo gusaba Irani guhagarika gahunda yayo yo kuvugurura ibintu, Amerika ibona nk’inzira ya Irani yo gukora intwaro za kirimbuzi.
"Twashoboraga kugirana amasezerano aho kohereza intwaro za B-2s kugira ngo zisenye ubushobozi bwayo bwa nikleyeri."
Ku ruhande rwayo, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Irani yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zo zitaye ku "gitekerezo gifatika" ku bijyanye n’ibiganiro na gahunda ya nikleyeri ya Iran.
Chadadi Habimana

















