Perezida wa Somalia, Mohamed Abdullahi Mohamed, yatunguranye ahagarika Minisitiri w’Intebe Mohamed Hussein Roble, amushinja kubangamira iperereza ku birego bya ruswa akekwaho.
Byatangajwe mu itangazo ryaturutse mu biro by’Umukuru w’Igihugu, rivuga ko Minisitiri w’Intebe yahagaritswe kuko yari amaze igihe agaragara mu bikorwa bya ruswa.
Bivugwa kandi ko yabangamiraga iperereza ryakorwaga ku butaka yigwijeho mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Hari hashize iminsi umubano wa Perezida na Minisitiri w’Intebe urimo umwuka mubi ku buryo hari ubwoba ko ushobora gutuma amatora ateganyijwe muri iki gihugu ataba cyangwa akaba mabi.
Ku Cyumweru, Roble yashinje Perezida gushaka kubangamira ibikorwa by’amatora.
Uretse Minisitiri w’Intebe, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu mazi, Abdihamid Mohamed Dirir, na we yakuwe mu nshingano kubera iperereza ari gukorwaho.
















