Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Polisi yaburiye abakomeje guhimba ibyangombwa byo kwinjira muri Sitade

Wednesday 24 November 2021
    Yasomwe na

Ndayambaje Jean Claude

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Ugushyingo 2021, Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu 15 bakekwaho guhimba ubutumwa bugaragaza ko bipimishije Covid-19 Kandi ubwo butumwa ari baringa.

Umukino wahuje APR fc na Rayon sports bamwe mu bafana bagaragaje bafite ubutumwa mpimbano aho kuri ubu bagiye gukurikiranwa n’amatego .

Mu kiganiro yagiranye na Radio y’Igihugu, umuvugizi wa police y’u Rwanda CP John Bosco Kabera araburira abakora ayo manyanga .

Yagize ati "Nukuburira abafana ko bareka gukora ibyaha ntabwo waba wari umaze igihe utagera ahabera umupira ngo nurangiza ujye guhimba ubutumwa , ubu rero abo twafashe bagiye kubera abandi urugero bahanwe kuko ibyaha bakoze bihanirwa n’amategeko."

Ku ruhande rwa Ferwafa, umuvugizi wayo, Jules Karangwa, yashimiye polisi y’u Rwanda imikoranire irihagati yabo na Ferwafa mu kurushaho kunoza izi ngamba zashyizweho zo gukumira icyorezo cya Covid-19 ndetse yongera kwibutsa abafana ko bagomba gukirikira anabwiriza.

Yagize ati "Ngira ngo nkuko twagiye tubivuga Mbere yo gusubukura iyi mikino ,abafana bakemererwa kwinjira ku bibuga ndasaba abantu rero ko twafatanyiriza hamwe tukubahiruza aya mabwiriza."

Wari umukino wa "Derby" witabiriwe n’abafana benshi ndetse kubera ubwinshi bwabo byatumye stade ya Kigali i Nyamirambo ifungwa Kuko yari yamaze kuzura bamwe bakurikiranira umupira bari hanze ku ma radio.

Amabwiriza avuga ko umuntu wese wemerewe kwinjira kuri stade agomba kubanza kugaraza ibyangombwa bigaragaza ko yipimishije Covid-19 kandi ari muzima nta bwandu bwa Covid-19 afite.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru