Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Polisi yaburiye abakomeje guhimba ibyangombwa byo kwinjira muri Sitade

Wednesday 24 November 2021
    Yasomwe na

Ndayambaje Jean Claude

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Ugushyingo 2021, Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu 15 bakekwaho guhimba ubutumwa bugaragaza ko bipimishije Covid-19 Kandi ubwo butumwa ari baringa.

Umukino wahuje APR fc na Rayon sports bamwe mu bafana bagaragaje bafite ubutumwa mpimbano aho kuri ubu bagiye gukurikiranwa n’amatego .

Mu kiganiro yagiranye na Radio y’Igihugu, umuvugizi wa police y’u Rwanda CP John Bosco Kabera araburira abakora ayo manyanga .

Yagize ati "Nukuburira abafana ko bareka gukora ibyaha ntabwo waba wari umaze igihe utagera ahabera umupira ngo nurangiza ujye guhimba ubutumwa , ubu rero abo twafashe bagiye kubera abandi urugero bahanwe kuko ibyaha bakoze bihanirwa n’amategeko."

Ku ruhande rwa Ferwafa, umuvugizi wayo, Jules Karangwa, yashimiye polisi y’u Rwanda imikoranire irihagati yabo na Ferwafa mu kurushaho kunoza izi ngamba zashyizweho zo gukumira icyorezo cya Covid-19 ndetse yongera kwibutsa abafana ko bagomba gukirikira anabwiriza.

Yagize ati "Ngira ngo nkuko twagiye tubivuga Mbere yo gusubukura iyi mikino ,abafana bakemererwa kwinjira ku bibuga ndasaba abantu rero ko twafatanyiriza hamwe tukubahiruza aya mabwiriza."

Wari umukino wa "Derby" witabiriwe n’abafana benshi ndetse kubera ubwinshi bwabo byatumye stade ya Kigali i Nyamirambo ifungwa Kuko yari yamaze kuzura bamwe bakurikiranira umupira bari hanze ku ma radio.

Amabwiriza avuga ko umuntu wese wemerewe kwinjira kuri stade agomba kubanza kugaraza ibyangombwa bigaragaza ko yipimishije Covid-19 kandi ari muzima nta bwandu bwa Covid-19 afite.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru