Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Polisi yerekanye abakobwa 14 n’abahungu 2 bafashwe bari mu birori binyuranyije no kwirinda COVID-19

Wednesday 23 December 2020
    Yasomwe na

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abakobwa 14 n’abahungu babiri bafatiwe mu birori bisanzwe biba nta rusaku, bizwi nka "Silent Disco" bari kwizihiza isabukuru y’amavuko y’umwe muri bo, bose bakaba kurikiranyweho kurenga ku mabwiriza yashyizweho hagamijwe kwirinda ikwirakwira rya COVID19.

Igikorwa cyo kubereka itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 23 Ukuboza 2020.

Aba bakobwa, urebye ni bo bikozeho, kuko baherutse gushyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto abagaragaza bari mu birori bya Silent Disco, ibintu bitavuzweho rumwe n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, kubakurikirana bitangira ubwo.

Aha ibirori byari birimbanyije kuri abo bari b’u Rwanda

Polisi y’u Rwanda ivuga ko aba bantu bose uko ari 16 bafashwe kubera ko bakoreye ibirori mu rugo kandi binyuranije n’amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP KaberaJohn Bosco yavuze ko bose bacibwa amande ya 25,000Frw kuri buri uwme, naho uwateguye ibi birori akazacibwa amande ya 200 000 Frw.

Ifoto z’urwibutso bashyize hanze nyuma bisa nkaho ari zo zabakozeho

Buri umwe aracibwa amande ya 25 000 Frw

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru