Ikigo k’Igihugu cy’Ubuzima RBC cyatangaje gahunda n’ingengabihe yo gupima COVID-19 abatuye mu Mujyi wa Kigali biyumvamo ibimenyetso bya corona n’abagize aho bahurira n’urwaye iki cyorezo ariko akaba ataripimisha.
Ni gahunda yashyizwe ahagaragara kuri iki cyumweru tariki ya 14 Gashyantare, 2021 habura icyumweru kimwe ngo Inama y’Abaminisitiri yongere iterane ifate izindi ngaamba zishobora gukuraho Guma mu Karere igiye kumara ukwezi.
RBC yavuze ko gupima bikorerwa kuri buri kagari guhera kuri iki cyumweru, buri karere muri dutatu tugize Umujyi wa Kigali kakagira aho abaturage bagenewe gupimwa bahurira.
Ni gahunda bigaragara ko izasozwa tariki ya 27 Gashyantare hapimwa ibyo byiciro muri buri kagari uko abaturage bazagenda babimenyeshwa.

















