Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Abayoboke b’Ishyaka A.ch ( Alliance pour le Changement) ritavuga rumwe n’Ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi, batangaje umugambi bise ” 0 Point” ugamije kunaniza Perezida Tshisekedi kugira ngo azatsindwe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka wa 2023.
Bavuga ko batifuza ko yakongera kuyobora DRC mu yindi manda ya Kabiri.
Babitangarije mu rugendo bateguye rwari rugamije kwamagana Perezida Tshisekedi ku munsi w’ejo Tariki ya 29 Kanama 2022 i Kinshasa, bamusaba gufungura Jean Marc Kabunda, Umuyobozi w’Ishyaka ryabo A.ch. akaba n’umudepite mu nteko ishinga amategeko.
Bavuga ko Perezida Tshisekedi ari umunyagitugu bitewe n’uko muri ibi bihe amatora yegereje ari kwibasira abatavugarumwe nawe, akabafunga, harimo na Jean Marc Kabund, umuyobozi w’Ishyaka ryabo akaba n’umudepite mu nteko Ishinga Amategeko.
Depute Kabund yatawe muri yombi kuwa 9 Kanama 2022, nyuma yo kwitandukanya n’Ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi. Amushinja kunanirwa kuyobora igihugu no kuba atarabashije guha AbanyeCongo ibyo yabemereye ubwo yajyaga ku butegetsi mu 2019.
Kabund nyuma yo guhita ajyanwa muri gereza yahise ashinga rye Shyaka aryita A.ch (Alliance pour le Changement) ndetse ahita atangaza ko azahangana na Tshisekedi mu Matora yo Mu 2023.
Gusa nyuma y’igihe gito yahise atabwa muri yombi ashinjwa gusebya no gutuka umukuru w’Igihugu.




















