Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

RD Congo: Batangiye kwitambika Tshisekedi kuri manda ya kabiri

Tuesday 30 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Abayoboke b’Ishyaka A.ch ( Alliance pour le Changement) ritavuga rumwe n’Ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi, batangaje umugambi bise ” 0 Point” ugamije kunaniza Perezida Tshisekedi kugira ngo azatsindwe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka wa 2023.

Bavuga ko batifuza ko yakongera kuyobora DRC mu yindi manda ya Kabiri.

Babitangarije mu rugendo bateguye rwari rugamije kwamagana Perezida Tshisekedi ku munsi w’ejo Tariki ya 29 Kanama 2022 i Kinshasa, bamusaba gufungura Jean Marc Kabunda, Umuyobozi w’Ishyaka ryabo A.ch. akaba n’umudepite mu nteko ishinga amategeko.

Bavuga ko Perezida Tshisekedi ari umunyagitugu bitewe n’uko muri ibi bihe amatora yegereje ari kwibasira abatavugarumwe nawe, akabafunga, harimo na Jean Marc Kabund, umuyobozi w’Ishyaka ryabo akaba n’umudepite mu nteko Ishinga Amategeko.

Depute Kabund yatawe muri yombi kuwa 9 Kanama 2022, nyuma yo kwitandukanya n’Ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi. Amushinja kunanirwa kuyobora igihugu no kuba atarabashije guha AbanyeCongo ibyo yabemereye ubwo yajyaga ku butegetsi mu 2019.

Kabund nyuma yo guhita ajyanwa muri gereza yahise ashinga rye Shyaka aryita A.ch (Alliance pour le Changement) ndetse ahita atangaza ko azahangana na Tshisekedi mu Matora yo Mu 2023.

Gusa nyuma y’igihe gito yahise atabwa muri yombi ashinjwa gusebya no gutuka umukuru w’Igihugu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru