Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

RIB igiye kwinjira mu bikorwa bya Shampiyona y’u Rwanda

Thursday 23 October 2025
    Yasomwe na

Amakuru dukesha ikinyamakuru Ukweli Times nuko Umunyamabanga w’Agateganyo wa FERWAFA, Mugisha Richard, yatangaje ko mu gihe cya vuba RIB iraba yamaze gusinyana amasezerano n’iri shyirahamwe ry’umupira w’amagaru hano mu Rwanda Kugira ngo itangire gukurikirana ibyaha bibera muri shampiyona.

Ni kenshi usanga abakurikira shampiyona y’u Rwanda binubira ibiyikorerwamo, aho usanga hari abahanwa ariko ibyo bakoze ubutaha nabwo bakazabisubiramo. Aha abenshi bashinjwa kwibira amakipe kubera amafaranga bahawe, Kandi bitagize ubunyamwuga.

Kuwa Gatatu tariki ya 22 Ukwakira nibwo FERWAFA yahagaritse abarimo umusifuzi Mpuzamahanga Ishimwe Jean Claude "Cucuri" mu gihe cy’ibyumweru bibiri nyuma y’amakosa yakoze ku mukino APR FC yatsinzemo Mukura VS igitego 1-0.

FERWAFA yatangaje ko uyu musifuzi yakoze ikosa ryo kudatanga ikarita y’umuhondo kuri Niyigena Clement, wari wabonye indi karita, Kandi iyo umuntu abonye amakarita abiri y’umuhondo, ahita ahabwa ikarita itukura.

Iri Shyirahamwe Kandi ryanahagaritse Mugabo Eric wari umusifuzi wo ku ruhande kuri uwo mukino, mu gihe kingana n’ukwezi, kubera igitego cya Mukura VS yanze kandi nta kurarira kwabayeho.

Hashize iminsi abayobozi b’amakipe, iyo amakipe yabo agiye gukina bakunda kwibasira abasifuzi runaka. Iyo birangiye ikipe itakaje bavuga ko bari babivuze mbere ko umusifuzi babahaye araza kwibira indi kipe.

Kuri ubu abantu benshi baravuga ko mu gihe RIB yaba yinjiye muri Ruhago y’u Rwanda hari ibyakemuka.

Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru