Ndayambaje Jean Claude
Umudage, Ralf Rangnick, yamaze kugirwa umutoza wa Manchester United mu gihe kingana n’amezi atandatu ndetse akazaguma muri iyi kipe mu rwego gukomeza kuyubaka mu buryo burbye bw’igihe kirekire
Kuri uyu wa Kane uyu ya 25 Ugushyingo 2021, inkuru yabaye kimomo mu binyamakuru bikorera mu mujyi was Manchester united bivuga ko Ralf Rangnick yamaze gushyira umukono Ku masezerano muri Manchester united.
Nyuma yaho ikipe ya Manchester United itandukanye na Ole Gunnar Solskjaer kuri ubu bakomeje kureba uburyo iyi kipe yakwiyubaka ikajya ku ruhando rwo guhangana nandi makipe akomeye ku mugabane w’Iburayi.
Ralf Rangnick w’imyaka 63 y’amavuko , yaratoje Leipzig , Shalke 04, Hoffenheim yo mu Budage , akaba kandi azwiho kuba umwarimu kuko yigishije Umutoza wa Chelsea Thomas Tuchel n’abandi batoza bakomeye mu mwuga ujyanye no gutoza akaba awumazemo imyaka igera kuri 38 kuko yatangiye gutoza kuva mu 1983, ubwo yari afite imyaka 25.
Mu bigwi bikomeye umuntu yavuga kuri Ralf yakoze muri ayo makipe yanyuzemo, ni uburyo yagejeje DFB-Pokal na Leipzig ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’igihugu.
Ralf Rangnick aje muri Manchester United iri mu mwuka ari mwiza kuko yamaze gukatisha itike y’imikino ya 1/8 muri Champions League nyuma yo gutsindira Villarreal muri Espagne ibitego 2-0. Uyu mukino watojwe na icyo gihe Carrick ndetse na Darren Fletcher kuko bakinnye uyu mukino Ole yaramaze kwerekwa umuryango.
Biteganijwe ko uyu mugabo utari muto aza kwerekwa nyobozi (Staff) n’abakinnyi uyu munsi ndetse ahite atangira akazi ke muri Manchester United.






















