Yanditswe na Mahirwe Eulade
Umutarage mu kagari ka Gikombe, mu murenge wa Rubavu, mu karere ka Rubavu, arasaba ubutabera nyuma yaho ahohotewe n’abagizi banabi bakamutera icyuma mu nda no ku mutwe bakamenyekana ariko bakaba nta butabera barashyikirizwa.
Ni umugabo witwa Bikorimana Jean Baptiste, avuga ko Abamuteye icyuma ari abazwi nk’Abazukuru ba Shitani, bamukomereje bikomeye.
Ibi ngo byabaye ku wa Gatanu, ku itariki 09.02.2024, n’ijoro ubwo yari atashye avuye ku kazi, agahura n’abagizi ba nabi, bakagerageza kumwambura ibye nawe akagerageza kwirwanaho bikaba iby’ubusa.
Atuganiriza iyi nkuru ye yavuze ko byabaye agiye kugera mu rugo iwe, ubwo yategaga moto ariko umumotari wari umutwaye moto imuzimiraho, hanyuma ahita ahura nabo bagizi ba nabi.
Ati: "Mba mpuye n’abahungu batanu, uwo narinzimo ndamubwira ngo ’Nazuya uri gushaka kunyambura, hari icyanyu najyanye?’ Ngo umvango kirananzi (amusubiza), ubwo nibwo bahise banyataka, dutangira kugundagurana, mba ndabacitse, ndirukanse. Bari bafite uruferabeto rwa mirongo 32 rusongoye, umwe ararunjomba mu nda rurinjira".
Bikorimana si mu nda gusa bamukomerejeke kuko afite uruguma no ku mutwe, aho yatubwiye ko naho yahakubiswe ikintu kimeze nk’umwase.
Yakomeje agira ati: "Bari bafite uruntu rumeze nk’umwase, bararunkubise hano ku gice cyo ku kaboko; nuko bakubitaga nkikingira ubundi baba baranyishe, uri kubona na hano ku kaguru naho bakubiseho, kameze nk’akadakora, kabaye nka pararize".
Gusa uyu Bikorimana yatubwiye ko umwe muri abo bamuhohoteteye yamumenye (uwo yanahamagaye witwa Nazoya), na nyuma yaho ibi bibaye yongeye kumubona, ubwo twavuganaga yari atarafatwa cyangwa ngo hakorwe iperereza.
Kuru iki kibazo, umunyamabanga shingwa bikorwa w’umurenge wa Rubavu, Harerimana Blaise, yatubwiye ko agiye kureba ukuntu yareba uyu muturage kugira ngo ikibazo gikurikiranwe.
Ati" Ejo nzamuvugisha turebe icyo twafatanya".
Muri Rubavu ibabazo by’abagizi nabi bambura abaturage ndetse bakanabakorera urugomo rushobora kuvamo impfu bimaze igihe, ariko kubishakira igisubizo kirambye ngo bikomwe mu nkokora bisa nkaho byabaye agatereranzamba.




















