Hari abaturage bo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu bijejwe umuriro w’amashyanyarazi none bageze mu kizima.
Ni nyuma yo gushingirwa amapoto mu mirima yabo, ahandi hagacukurwa ibyobo byo kuyashyiramo ngo babone umuriro w’amashanyarizi ariko bakaba bamaze igihe kirekire barawutegerehe bakawubura.
Bambwiye umunyamakuru ko iyo barebye ibyobo byavukuwe ahari gushingwa amapoto y’umuriro bagira impungenge z’impanuka zishobora guturuka kuri ibi byobo byacukuwe, bimaze igihe kirekire birangaye.
Iradukunda John utuye mu kagari ka Buringo muri uyu murenge wa Bugeshi yatangarije mamaurwagasabo igihombo ndetse n’impungenge zituruka kuba batarabona uyu muriro.
Ati: "Umwaka n’igice uri gushira,
abatekinisiye babikoraga ntanabo duheruka kubona, ubwo duherukana batubwire ko ikibazo ari insinga zitaraboneka, aho tubivuganiye amezi atandatu nayo arashize".
Undi nawe witwa Hakizimana Janvier yagize ati: "Twarategereje amaso ahera mu kirere, ahubwo narindi mu baguze n’imashini, imwe ibeta, batubwire ngo umuriro uraje, uraje, ubu iparitse mu nzu kandi amafaranga nayafashe kuri banki".
Hakizimana yanavuze ko hari n’umwana waguyemo muri ibi byobo. Ati: " Ni birerebire (ibyobo) ahubwo, dufite n’umwana waguyemo, avunika akaguru, bamushyiraho sima, ariko ubu ari korohegwa".
Aba baturage bakomeza basaba abo bireba gukemura mu buryo bwihuse iki kibazo, ubundi bikabafasha kwiteza imbere.
Ntibatekereza Innocent umukozi w’akarere ka Rubavu ushinzwe ingufu yatangarije mamaurwagasabo ko impamvu umuriro utaraza hari ibikoresho byabuze bitaraboneka.
Yagize ati: "Ikibazo gihari hari ibikoresho byabuze bitari byaboneka, amapoto arashinze ariko hategerejwe ko insinga zitaraboneka ngo bazishyiremo, adashinze (amapoto) hari hategerejwe ko haboneke ibikoresho bakabona kuyashinga".
Ntibatekereza Innocent
Yakomeje avuga ko ibikoresho biri hafi kuboneka, ati: "Umuriro bazawubona ngo ibikoresho biri hafi kuboneka, uko biri kose muri iyi ngengo y’imari bazaba bawubonye."





















