Kuri uyu wa Kabiri, mu mudugudu wa Gabiro, akagari ka Buhaza mu murenge wa Rubavu, mu karere ka Rubavu, umugore witwaga Niyokwiringirwa Sifa, yishwe n’abagizi ba nabi, bamuteye icyuma.
Abatanze amakuru bavuga ko yavukijwe ubuzima ubwo yaravuye guhaha ku nzu y’ubucuruzi yari imwegereye.
Uyu nyakwigendera yatezwe hafi yaho yari atuye maze bamutera icyuma mu gatuza, nyuma gato aza gushiramo umwuka.
Umwe mu baturage bageze aho byabereye, yabwiye Mamaurwagasabo ko nyakwigendera yatewe icyuma, hanyuma ajyanwa kwa muganga arinaho yaguye.
Ati: "Ubwo motari yamurikaga amatara yabonye aryamye [nyakwigendera] hanyuma abasore babiri bamukuramo igisu (icyuma) bariruka, hanyuma motari agerageje kubakurika binjira mu iveni (umuhanda) we ntiyashobora kubakurikira".
Undi nawe ati: "Ubwo yatabazaga, hari umumotari wahise aza aje gutabara amuritse aho nyakwigendera yarari asanga aryamye hasi, gusa ngo abo bagizi ba nabi bahise biruka".
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umusigire w’umurenge wa Rubavu, Nahimana Martin yemeje aya makuru y’uru rupfu rwa nyakwigendera.
Ati: "Niyokwiringirwa Sifa, w’imyaka 34 yishwe n’abagizi banabi, bamutangiriye mu ma saa mbiri, bamutera icyuma, agezwa kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Byahi, bamwohereza ku bitaro bya Gisenyi, ari naho yageze akitaba Imana".
Nyakwigendera Niyokwiringirwa Sifa akaba yasize umwana w’uruhinja, ubwo twategura iyi nkuru iperereza kuri ubu bugizi bwa nabi ryari rigikomeje.



















