Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Rutahizamu wa APR fc agiye gukora ubukwe

Monday 15 November 2021
    Yasomwe na

Ndayambaje Jean Claude

Byiringiro Lague ukinira APR fc n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda agiye gukora ubukwe n’umukunzi we Kelia Uwase buzaba mu kwezi gutaha tariki ya 4 Ukuboza 2021.

Uyu musore aherutse kugira ikibazo mu mukino ubanza wahuje Kenya n’u Rwanda kuri ubu usigaye akina yambaye "casque" mu mutwe bitewe n’ikibazo yagize ubwo u Rwanda rwakinaga na Kenya nyuma yo kugongana n’umukinnyi w’iyi Kipe byatumye igufa ryo mu mutwe ryangirika mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka wa 2021.

Yatangaje ko umuhango wo gusaba no gukwa uzabera i Kigali saa 9h00’ mu gihe saa 14h00’ bazasezerana imbere y’Imana mu rusengero rwa Philadelphia Rhema Churh i Kimironko mu mujyi wa Kigali.

Byiringiro Lague na Uwase Kelia baherutse gusezerana imbere y’amategeko mu Murenge wa Nyarugenge mu mperera z’Ukwezi Kwa Nzeri ubu bakaba bari hafi kubana nk’umugore n’umugabo.

Uyu mukinnyi aheruka kugaragara mu kibuga Ku mukino wa gicuti APR fc iherutse gutsindamo Gasogi united ibitego 2-1 Ndetse akaba yaratsinzemo igitego Ku mukino we wa mbere yakinnye yambaye "Casque" nyuma y’amezi agera kuri abiri adakandagira mu kibuga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru