Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Rwanda: Hari abahawe urukingo rwa mbere banduye COVID-19

Monday 31 May 2021
    Yasomwe na

Mu mpamvu muzi Leta y’u Rwanda ihamagarira buri wese wahawe doze ya mbere y’urukingo rwa COVID-19 kwihutira gufata iya kabiri zirimo ko byagaragaye ko mu bari kwandura iki cyorezo barimo n’abahawe doze ya mbere.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima akaba n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe amakuru muri iyi Minisiteri, Mahoro Julien Niyingabira, ubwo yasobanuriraga Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru RBA uko abahawe doze ya mbere y’Urukingo rwa Astra Azeneca badakwiye kwirara gufata iya kabiri iri gutangwa hose mu gihugu ku bigo by’Ubuzima.

Yavuze ko kuba warahawe doze ya mbere y’urukingo rwa Astra Azeneca bidakuyeho ko wakandura virusi ya Corona bityo abumvise ibihuha ko doze ya kabiri yatanzwe iminsi ibiri Atari byo, ko ibikorwa byo gukingira bigikomeje kugeza doze zihari zirangiye.

Yakomeje asobanura ati "Mu bari kwandura COVID-19 turabonamo n’abahawe doze ya mbere y’urukingo (...) Abantu bakwiye kumenya ko kurwara warakingiwe bishoboka; icyakora inkingo zirinda abakingiwe kuba baremba cyangwa see kuba bahitanwa n’iyi ndwara (COVID-19).

Ariko mu give banduye bashobora kwanduza abandi batarabona inkingo bityo bakaba bahura n’ibyago byo kuremba cyangwa see kuba bahitanwa n’iyi ndwara."

Yakomeje agira ati "Iyo tubwira Abantu kuba bakirinda, bakikingiza ko ibyago bashobora kuba byabagwira bakandura ndetse abatarakingiwe bo bakaba bashobora kubakuraho ubwo burwayi, bo bakaremba Kandi bakanamererwa nabi."

Abari gusabwa kujya gufata doze ya kabiri y’urukingo rwa Astra Azeneca Ni abari baruhawe guhera ku itariki ya 5 Werurwe 2021 kuko bamaze igihe kingana n’igusabwa ngo bahabwe doze ya kabiri.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru