Guverinoma y’u Rwanda yakomoreye ingendo z’indege ziva mu bihugu bya Afurika y’Amajyepfo ndetse ariko itangaza ko abantu bose binjira n’abasohoka mu gihugu bagomba kuba barakingiwe byuzuye icyorezo cya Covid-19.
Ni amabwiriza mashya yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima asaba ko abantu bose baza mu Rwanda babanza kugaragaza ko bipimishije Covid-19 kandi bakaba bafite icyemezo kigaragaza ko batarwaye iki cyorezo.
Ibipimo byo kwisuzumisha Covid-19 byemewe ni ibyafashwe hifashishijwe uburyo buzwi nka RT-PCR, ndetse bikaba byarafashwe mu gihe kitarenze amasaha 72 angana n’iminsi itatu.
Ku bijyanye n’abana aya mabwiriza agira ati “Abana bari munsi y’imyaka itanu bo ntabwo bategetswe kwipimisha. Abagenzi baza mu gihugu bafite hejuru y’imyaka 12 bagirwa inama yo kuba barikingije byuzuye mbere yo kuza mu Rwanda.”
Aya mabwiriza kandi avuga ko abaza mu Rwanda bagomba kumara iminsi itatu bari mu kato ndetse bakiyishyurira ikiguzi cya hoteli. Ibipimo bya PCR bigomba gufatwa bageze ku Kibuga cy’Indege cyangwa ahandi bashobora kugera mu Rwanda banyuze.
Ibi kandi bijyana n’uko mu gihe iyo minsi itatu yaba irangiye, abagenzi bagomba gufatwa ibipimo bya Rapid Test na PCR, ndetse bakaba bazajya bemererwa kuva mu kato ku munsi wa gatatu nyuma yo gufatwa ibipimo bya Rapid test. Ibipimo bya Rapid test ntabwo bazajya babyishyuzwa.















