Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Abantu 11 nibo basize ubuzima mu gitero cyakozwe n’abarwanyi b’umutwe wa Al-Shabaab ku nzu ya leta ya Somalia mu murwa mukuru Mogadishu.
Abategetsi bavuga ko muri abo bahasize ubuzima harimo icyegera cya minisitiri w’abakozi ba leta, Saqar Ibrahim Abdala, hamwe n’abapolisi batari bake.
Abo barwanyi babanje guturitsa ikibombe cyari giteze mu modoka, mu nyuma bahita binjira mu nzu ikoreramo iyo minisiteri.
BBC dukesha iyi nkuru iravuga ko abo barwanyi bakoze icyo gitero bari batanu, ubutegetsi bwa Somalia nabwo bugatangaza ko bose bahise bicwa bityo ubu ako karere gafite umutekano.
Umutwe wa Al-Shabaab ukaba ukomeje kugaba ibitero hirya no hino mu murwa mukuru Mogadishu nyuma yahoo wirukaniwe muri uyu murwa kuva mu mwaka wa 2011.
Ibitero kuri Al-shabaab
Kuva Prezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ageze ku butegetsi, icyo gihugu cyashyize ingufu mu kugaba ibitero by’indenge ku mutwe wa Al-shabaab usanzwe ufitenye imikoranire ya hafi n’umutwe w’iterabwoba Al-Quaeda. Abavugira Al-shabab nabo bakaba batangaza ko bongereye ibitero muri uyu murwa mu kuru mu rwego rwo kwihanangiriza Amerika kudakomeza kubagabaho ibitero by’indege.
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta zunze ubumwe z’Amerika, itangaza ko Al-Shabaab igifite ibice bitari bike bya Somalia yigaruriye kandi ikaba ishobora no gukora ibitero bikomeye ikoresheje uburyo bw’ubwiyahuzi burimo guturikiriza ibi bombe ahateraniye abantu benshi cyangwa kuba barasa abantu hifashishijwe n’izindi mbunda nto.
Inkuru ya bbc

















