Wednesday . 22 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Trump Yasabye Ukraine Kujya mu Biganiro Vuba ku Kibazo cy’Intambara Ihanganyemo n’Uburusiya

Tuesday 17 February 2026
    Yasomwe na

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye Ukraine kwitabira vuba ibiganiro bigamije gushaka umuti w’intambara iri hagati yayo n’u Burusiya, avuga ko “Ukraine igomba kuza ku meza y’ibiganiro vuba.”

Ibi yabivuze ari mu ndege ya Air Force One, mbere y’inama iteganyijwe kubera i Geneva kuri uyu wa 17-18 Gashyantare, igamije gukomeza ibiganiro hagati ya Amerika, u Burusiya na Ukraine.

Trump yagize ati: “Turashaka ko baza. Bizaba byoroshye cyane,” agaragaza ko ubuyobozi bwa Amerika bushaka ko Kiev igaragaza ubushake n’ubworoherane mu mishyikirano.

Itsinda ry’u Burusiya rizayoborwa na Umujyanama wa Perezida, Vladimir Medinsky, rikazaba rigizwe n’abagera kuri 20. Ku ruhande rwa Amerika, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko hazitabira Intumwa ya Perezida, Steve Witkoff, hamwe na Jared Kushner.

Ibi biganiro bibaye nyuma y’izindi nama ebyiri zabereye i Abu Dhabi muri Mutarama no mu ntangiriro za Gashyantare, aho impande zombi zatangiye kurebera hamwe inzira zishoboka zo guhagarika imirwano.

Inama ya Geneva itegerejweho gutanga icyizere ku hazaza h’umutekano w’akarere no ku mubano w’ibihugu birebwa n’iyi ntambara.

Yvette Niyigena

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru