Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye Ukraine kwitabira vuba ibiganiro bigamije gushaka umuti w’intambara iri hagati yayo n’u Burusiya, avuga ko “Ukraine igomba kuza ku meza y’ibiganiro vuba.”
Ibi yabivuze ari mu ndege ya Air Force One, mbere y’inama iteganyijwe kubera i Geneva kuri uyu wa 17-18 Gashyantare, igamije gukomeza ibiganiro hagati ya Amerika, u Burusiya na Ukraine.
Trump yagize ati: “Turashaka ko baza. Bizaba byoroshye cyane,” agaragaza ko ubuyobozi bwa Amerika bushaka ko Kiev igaragaza ubushake n’ubworoherane mu mishyikirano.
Itsinda ry’u Burusiya rizayoborwa na Umujyanama wa Perezida, Vladimir Medinsky, rikazaba rigizwe n’abagera kuri 20. Ku ruhande rwa Amerika, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko hazitabira Intumwa ya Perezida, Steve Witkoff, hamwe na Jared Kushner.
Ibi biganiro bibaye nyuma y’izindi nama ebyiri zabereye i Abu Dhabi muri Mutarama no mu ntangiriro za Gashyantare, aho impande zombi zatangiye kurebera hamwe inzira zishoboka zo guhagarika imirwano.
Inama ya Geneva itegerejweho gutanga icyizere ku hazaza h’umutekano w’akarere no ku mubano w’ibihugu birebwa n’iyi ntambara.
Yvette Niyigena















