Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Turukiya yashinje NATO ubushotoranyi

Friday 9 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Perezida wa Turukiya, Recep Tayyip Erdogan, yashinje ibihugu by’Uburengerazuba bw’Isi byibumbiye mu muryango w’Ubutabazi wa (NATO), kwendereza no gushotora Uburusiya.

Mu rugendo yagiriye i Belgrade muri Serbia tariki ya 7 Nzeri 2022, agiye guhura na Perezida wa Serbia, yavuze ko ibihugu by’Uburengerazuba, ubu nta kindi bihugiyemo usibye gushotora Uburusiya.

Yongeyeho ko mbere hose yabwiye bino bihugu ko ibihano by’ubukungu byafatiye Uburusiya bizabyirengera ubwabyo, byumwihariko ku kibazo cya Gaz ituruka mu Burusiya.

Yagize ati: ”Nta gisubizo muzakura muri ibi. Ntago mugomba gufata Uburusiya nk’igihugu cyoroheje. Uburusiya bufite Gaz yabwo ihagije kandi ngira ngo mwabonye uburyo ibiciro byayo byazamutse mu Burayi kuva mwabufatira ibihano, none ubu muri kwibaza uko bizagenda mu gihe cy’ubukonje cyegereje.”

Perezida Erdogan yakomeje aburira ibihugu by’Uburengerazuba ko nibishaka gutera Uburusiya byose hamwe icyarimwe, Uburusiya buzakoresha intwaro zabwo zose zishoboka, anongeraho ko buzifite ku bwinshi.

Turukiya ni kimwe mu bihugu bigize umuryango wa Nato, ariko kitigeze gikurikiza cyangwa ngo cyubahirize ibihano by’ubukungu uno muryango wafatiye Uburusiya.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru