Ministeri y’ubuzima yongeye gusaba abaturarwanda n’abarusura ko hagize ugaragaza ibimenyetso bya Ebola akwiye kwihutira kugana ikigo nderabuzima kimuri hafi.
Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Diane Gashumba, kuri uyu wa gatatu rirasaba abaturarwanda n’abarusura ko uwagaragaza kimwe mu bimenyetso byayo yakwihutira kugera ku kigo nderabuzima, ivuriro cyangwa ibitaro bimwegereye kugira ngo ahabwe ubufasha bwihuse.
U Rwanda nk’igihugu cyegeranye na Uganda na Repeburika iharanira Demokarasi ya Congo, ruheruka gutangiza gutanga urukingo rwa Ebola ku bajyanama b’ubuzima n’abandi bakozi bakira abarwayi mu duce twegereye dushobora gukwirakwiramo icyorezo cya Ebola kurusha utundi
Kirinda biruta kwivuza ni z imwe mumvugo zikoresha hagamijwe ko abantu birinda irwara .





















