Ni abakora ubuhinzi bw’umuceri mu gishanga cya Rwangingo giherereye mu murenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare twasanze bageze mu gihe cy’isarura maze bavuga ko nubwo bejeje ariko ari hamana kubera gutegereza amazi y’imvura kubera ko iki gishanga kitatunganyijwe.
Uwitwa Sekamana Manase ni umuhinzi uhinga muri iki gishanga yagize ati ’’ Dufite ikibazo cy’iki gishanga kuko ntamazi kigira bitewe n’uko kidatunganyijwe, turagenda tugahinga twamara guhinga umuceri wagera aho ukeneye amazi (…)
Urubyiruko rwa bamwe mu basore n’inkumi, kimwe n’abandi batandukanye batangije umuryango uharanira kurengera ibidukikije, African Youth Environment Protection, (AYEPI) bakizera ko bagiye gutanga umusanzu waburaga mu kugira Isi nziza.
Uhagarariye uyu muryango mu mategeko, (Legal Representative) Papy Moise Abayisenga, yavuze ko basanze mu rubyiruko kurengera ibidukikije biriho bidashimishije kandi urwo ruhare rutangirira ku bakiri bato.
Yakomeje avuga ko ajya gufatanya na bagenzi be (…)
Ubusanzwe inganda zigomba kwishakira ibikoresho by’ibanze zikoramo ibikoresho byazo bya nyuma zishyira ku isoko bigakundwa, bikagurwa n’abaturage. Mu Rwanda siko bimeze iyo bigeze ku nganda zitunganya umwanda w’ibituruka mu ngo z’abaturage zijya kubibyazamo umusaruro, (recycling).
Umuturage wese utuye cyangwa ukora ubuvuruzi ku butaka bw’u Rwanda asabwa kwishyura igiciro cy’amafaranga runaka, akenshi atari na make, yo guha kompanyi zitwara imyanda ziyijyana ahateganyijwe n’akarere cyangwa (…)
Abaturage bakora isuku mu mihanda yo mu mujyi wa Musanze baravuga ko bamaze amezi atatu badahembwa, mu gihe abakoresha babo bavuze ko habaye ikibazo cy’ikorababuhanga.
Aba baturage biganjemo abagore babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yabasanganga mu mujyi wa Musanze barimo kwijujuta, basaba guhembwa amafaranga yabo.
Mu mvugo zuje amaganya bagiraga bati, "Uyu munsi nibataduhemba ejo sinzagaruka mu kazi, ubu se wamara amezi kumwe, abiri, ntafaranga ukumva unezerewe? Cyakoze (…)
Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Busoro, mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu, bafite impungenge zikomeye nyuma yaho ikiraro bakoreshaga gisenyutse ntigisanzwe none cyatangiye guhitana ubuzima bw’abaturage abandi bakahakomerekera.
Hashize iminsi mike iki kiraro gisenyutse ariko ntabwo kirasanwa, mu gihe nyamara hari abagikoresha inzira yacyo, bagenda bakikira iruhande rwaho cyasenyukiye, barimo n’abana b’abanyeshuri baba bagiye ku ishuri, ibi bikarushaho gutera impungenge.
Umwe (…)
Impuguke mu bumenyi bw’ikirere n’ubuzima bwa muntu baratanga impuruza ko niba nta gikozwe mu kugabanya ibyuka bisohorwa n’ibinyabiziga n’imashini bifite za moteri, abantu bazakomeza guhura n’ingaruka zo kurwara indwara z’ubuhumekero mu buryo budasanzwe no kugira imihindagurikire y’ibihe idasanzwe.
Impuguke zibivuga zihereye ku bigaragara muri ibi bihe, aho indwara z’ubuhumekero ziyongereye mu bantu cyane muri Afurika n’u Rwanda rutavuyemo. Ngo impamvu zibitera ziracyari nyinshi, zirimo (…)
Yanditswe na Samuel Mutungirehe
Nyuma y’igihe kitari gito u Rwanda rusabye ko imwe mu mitungo yarwo irimo na Pariki ya Nyungwe ishyirwa mu murage w’Isi, Ishami rya UNESCO, kuri uyu wa Kabiri inzozi zabaye impamo.
Pariki y’Igihugu ya Nyungwe iherereye mu Majyepfo no mu Burengerazuba bw’u Rwanda, yabaye site ya mbere yo mu Rwanda yashyizwe na UNESCO mu Murage w’Isi.
Ni ubusabe u Rwanda rwakoze burimo iyi pariki hamwe n’inzibutso 4 za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho nazo ziza (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Musanze, mu murenge wa Musanze, mu kagari ka Garuka hari ubuvumo bwahindutse ikimoteri gishyirwamo imyanda nyamara busanzwe bukorerwamo ubukerarugendo bwinjiriza igihugu amadovize.
Muri aka karere ni hamwe mu hakunze gusurwa na ba mukerarugendo benshi baba baje gusura ibyiza nyaburanga birimo Ingagi, ubuvumo ndetse n’ibindi bitandukanye gusa iyo ugeze hamwe na hamwe usanga ibi byiza bititabwaho nkuko bikwiye ku buryo usanga bamwe (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ihereye mu karere ka Musanze, mu Ntara y’Amajyaruguru y’u Rwanda, ifite ibirunga 5 aribyo Kalisimbi, Bisoke, Sabyinyo, Gahinga na Muhabura ndetse bifashe no ku bihugu bihanye imbibi n’u Rwanda aribyo Congo DRC na Uganda.
Iyi Pariki ibarizwamo urusobe rw’ibinyabuzima, igaburira benshi binyuze mu mafaranga yinjizwa buri munsi kubera ba mukerarugendo baba baje gusura Ingagi z’imisozi zisigaye hake mu Isi.
Ayo madevise agenda (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ubwo hasozwaga icyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka ku Nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu karere ka Musanze by’umwihariko abo mu murenge wa Busogo basabwe gutanga amakuru y’ahakiri mibiri itarashyingurwa mu cyubahiro.
Babisabwe ubwo abatanze ibiganiro n’ubuhamya bagarukaga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo bicwa ariko ngo kugeza ubu hakaba hakiri imibiri y’Abatutsi itaragaragazwa kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro. (…)
Yanditswe na Habimana Bonaventure
Abaturage bo mu tugari twa Nyacyonga, Rusura na Gacurabwenge mu murenge wa Busasamana bahomba 54,208,038 Frw kubera ibiza biterwa n’imyuzure.
Ni imibare ya Minisiteri y’ubutabazi MINEMA, igakomeza igaragaza ko iyo myuzure iterwa n’amazi aturuka ku kiyaga cya Kalimbi gituranye n’utwo tugari ndetse n’umuyaga uturuka mu kibaya kiri ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Uwitwa Ukwishaka Rosalie utuye mu kagari ka Nyacyonga, mu (…)
Dutemberane Pariki y’Ibirunga wumve ibyo ingagi zihuza na muntu
8 September 2023
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.
























