Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Basabwe kubohoka bakagaragaza imibiri y’Abatutsi itarashyingurwa mu cyubahiro

Friday 14 April 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Ubwo hasozwaga icyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka ku Nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu karere ka Musanze by’umwihariko abo mu murenge wa Busogo basabwe gutanga amakuru y’ahakiri mibiri itarashyingurwa mu cyubahiro.

Babisabwe ubwo abatanze ibiganiro n’ubuhamya bagarukaga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo bicwa ariko ngo kugeza ubu hakaba hakiri imibiri y’Abatutsi itaragaragazwa kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Ni umuhango wabereye mu cyahoze ari komine ya Mukingo ubu ni mu murenge wa Busogo, ahunamiwe Abatutsi basaga 461 bashyinguye mu rwibutso rwa Busogo aharimburiwe imbaga y’Abatutsi kuko hari Bariyeri ikomeye bafatiragaho Abatutsi bakajya kwicwa.

Mu kiganiro cyagarutse ku mateka y’Abiciwe i Busogo cyatanzwe na Hon. BAJENI MPUMURO yavuze uburyo itotezwa, kumeneshwa ku Batutsi byatangiye kuva mu 1990-1994 ari nabwo bagiye bicwa n’interahamwe bitewe nuko aka gace kabagamo abayobozi bakomeye.

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Musanze RUSISIRO Feston yashimiye Ubuyobozi bw’Akarere n’abaturage muri rusange uburyo bakomeje kwifatanya n’Umuryango Uharanira Inyungu z’Abacitse ku Icumu.

Yasabye abantu bose kugira ubutwari n’umuhate wo gutanga amakuru y’ahaba hakiri imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro bityo imiryango yabuze abayo iruhuke bikazakomeza kugira uruhare rukomeye mu kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.

Byashimangiwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Ramuli Janvier, yavuze ko abantu bakwiye kugira ubutwari bakabohoka mu gutanga amakuru ku mibiri y’Abatutsi ikiri hirya no hino igashyingurwa mu cyubahiro.

Yagize ati: "Icyo dusaba abantu ni ukubohoka bagatanga amakuru ku mibiri y’Inzirakarengane z’Abatutsi bishwe muri Jenoside zitabwe hirya no hino, kuko ntabwo bashyinguye bagiye bajugunywa. Ubu uwo muntu udatanga amakuru araboshye ku mutima, nta mahoro; nibatanga amakuru rero nabo bazaba babohotse, ikindi bazaba batanze umusanzu ukomeye."

Ni umuhango wabanjirijwe no gushyira indabo ku mva zishyinguyemo imibiri y’Abatutsi isaga 461 bishwe urw’agashinyaguro bazira uko baremwe, aho wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo n’abayobozi b’amadini n’amatorero ndetse n’abaturage batandukanye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru