Jose Chameleone avuga ko Museveni akwiriye kubabarira Bobi Wine mu rwego rwo gutanga urugero rwiza.
Ati” Umuvandimwe wacu, umuhungu wawe Bobi Wine ashobora kuba yatandukiriye mu gushyira mu bikorwa intekerezo ze. Nk’umuyobozi w’igihugu n’umusekuruza,ni iby’agatangaza kuba waduha urugero rwiza rwo kubabarira no kwiyunga(…)”
Ku rundi ruhande abakunzi b’uyu muhanzi bagiye batanga ibitekerezo bavuga ko Leta ariyo ikwiriye gusaba Bob Wine imbabazi kuko ngo yamufunze azira kugira uruhare mu bikorwa byo kwiyamamaza.
Umwe muri aba yagize ati” Asaba imbabazi ziki? Ni iki yakoze kitari uguhararira rubanda. Gusaba imbabazi ni nko kuvuga ko ibyo barimo kuremekanya ari ukuri”
Biteganyijwe ko Bobi Wine uri mu bitaro agomba kujya mu rukiko rwa gisirikare mu karere ka Arua kuri uyu wa kane tariki ya 16 Kanama 2018.
Bobi Wine akurikiranweho ibyaha byo gutunga intwaro n’ibiturika mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Bobi Wine kandi arashinjwa kugira uruhare mu mvururu zibasiye imwe mu modoka mu ziherekeza Museveni.

















