Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Uganda:Dr Jose Chameleone, yasabiye Bobi Wine kubabarirwa

Thursday 16 August 2018
    Yasomwe na

Jose Chameleone avuga ko Museveni akwiriye kubabarira Bobi Wine mu rwego rwo gutanga urugero rwiza.

Ati” Umuvandimwe wacu, umuhungu wawe Bobi Wine ashobora kuba yatandukiriye mu gushyira mu bikorwa intekerezo ze. Nk’umuyobozi w’igihugu n’umusekuruza,ni iby’agatangaza kuba waduha urugero rwiza rwo kubabarira no kwiyunga(…)”

Ku rundi ruhande abakunzi b’uyu muhanzi bagiye batanga ibitekerezo bavuga ko Leta ariyo ikwiriye gusaba Bob Wine imbabazi kuko ngo yamufunze azira kugira uruhare mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Umwe muri aba yagize ati” Asaba imbabazi ziki? Ni iki yakoze kitari uguhararira rubanda. Gusaba imbabazi ni nko kuvuga ko ibyo barimo kuremekanya ari ukuri”

Biteganyijwe ko Bobi Wine uri mu bitaro agomba kujya mu rukiko rwa gisirikare mu karere ka Arua kuri uyu wa kane tariki ya 16 Kanama 2018.

Bobi Wine akurikiranweho ibyaha byo gutunga intwaro n’ibiturika mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Bobi Wine kandi arashinjwa kugira uruhare mu mvururu zibasiye imwe mu modoka mu ziherekeza Museveni.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru