Sunday . 15 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more
  • 10 March » Ibiciro byazamutseho 9.2 muri Gashyantare – read more

Uganda: Minisitiri yishwe n’uwamurindaga

Tuesday 2 May 2023
    Yasomwe na

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri muri Uganda humvikanye urupfu rwa Col (rtd) Charles Okello Engola, wari Umunyamabanga wa Leta, ushinzwe w’Uburinganire, Umurimo n’ibijyanye n’inganda wishwe n’umurinzi we.

Uyu muyobozi wari warasezerewe mu giairikare yarasiwe mu rugo rwe i Kyanja, mu Murwa Mukuri wa Kampala, nkuko byemejwe n’umuvugizi wungirije wa Polisi y’umugi, Luke Owoyesigire.

Yabwiye ikinyamakuru Daily Monitor ati: "Yego. Byabereye Kyanja, humvikanye iraswaz umusirikare yarashe Sebuja (Boss)."

Bamwe mu babibonye bavuga ko uwo musirikare yagiye n’amaguru mu bice bikikije ako gace arasa mu kirere.

Hataratangazwa umwirondoro we, uwarashe Boss we na we hashize iminota micye arirasa ariyica.

Amakuru avuga ko hashobora kuba hari abantu bahakomerekeye.

Amashusho yo ku mbuga nkoranyambaga yerekana abahatuye bateraniye aho byabereye, bumiwe.

Koloneli (Rtd) Engola, wari ufite imyaka 64, yari umutegetsi wo ku rwego rwo hejuru muri leta, ndetse mbere yigeze kuba Minisitiri wungirije w’ingabo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru