Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri muri Uganda humvikanye urupfu rwa Col (rtd) Charles Okello Engola, wari Umunyamabanga wa Leta, ushinzwe w’Uburinganire, Umurimo n’ibijyanye n’inganda wishwe n’umurinzi we.
Uyu muyobozi wari warasezerewe mu giairikare yarasiwe mu rugo rwe i Kyanja, mu Murwa Mukuri wa Kampala, nkuko byemejwe n’umuvugizi wungirije wa Polisi y’umugi, Luke Owoyesigire.
Yabwiye ikinyamakuru Daily Monitor ati: "Yego. Byabereye Kyanja, humvikanye iraswaz umusirikare yarashe Sebuja (Boss)."
Bamwe mu babibonye bavuga ko uwo musirikare yagiye n’amaguru mu bice bikikije ako gace arasa mu kirere.
Hataratangazwa umwirondoro we, uwarashe Boss we na we hashize iminota micye arirasa ariyica.
Amakuru avuga ko hashobora kuba hari abantu bahakomerekeye.
Amashusho yo ku mbuga nkoranyambaga yerekana abahatuye bateraniye aho byabereye, bumiwe.
Koloneli (Rtd) Engola, wari ufite imyaka 64, yari umutegetsi wo ku rwego rwo hejuru muri leta, ndetse mbere yigeze kuba Minisitiri wungirije w’ingabo.



















