Yanditswe na Samuel Mutungirehe
Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yavuze ko nta mpamvu yo gushyiraho ingamba zikarishye mu duce tw’igihugu turimo Ebola.
Ebola yandurira mu gukora ku muntu wanduye cyangwa ahantu yakoze n’imyanda ye.
Mbere, ishyirahamwe ry’abaganga muri Uganda ryasabye ko uduce turimo iyi virusi hagati mu gihugu dushyirwa mu kato kugira ngo bahagarike ikwirakwira ryayo.
Mu ijambo rye mu ijoro ryacyeye, Perezida Museveni yavuze ko leta ifite ubushobozi bwo kurwanya iki cyorezo kubera ubunararibonye yagize kuri Ebola yateye na mbere hose cyane ko iyi ari inshuro ya kane Ebola igeze muri Uganda.
Museveni yavuze ko inzobere mu buvuzi zahanganye na Ebola mbere zoherejwe mu karere ka Mubende yibasiye.
Yavuze ko nta mpamvu yo gushyiraho ’Guma mu Rugo’ cyane ko icyo cyorezo kitandurira mu mwuka.
Ubu birafata amasaha 24 ngo laboratoire zitange ibisubizo ku bipimo bya Ebola biba byafashwe.
Museveni yavuze ko leta izashyira laboratoire ku biro by’akarere ka Mubende, aho iki cyorezo cyabonetse mbere, mu kwihutisha kuyipima.
Abavuzi batandatu bavuye umugabo w’imyaka 24 byaje kumenyekana ko ari we wa mbere yabonetseho, nabo babasanzemo Ebola.
Abantu bose hamwe 24 nibo bimeze kwemezwa ko bayanduye muri Uganda, batanu muri bo byemejwe ko bishwe na Ebola kuva yahatangazwa mu cyumweru gishize.
























