Umujyanama wa Perezida wa Ukraine, Mikhailo Podolyak yatangaje ko igihugu cye gisaba Uburusiya guharika intambara ku butaka bwa Ukraine.
Yabitangaje mu biganirio byabaye imbonankubone hifashishijwe iya kure hagati y’abayobozi ku mpande zombi, Ukraine n’Uburusiya, kuri uyu wa Gatatu.
Bwana Mikhailo Podolyak yavuze ko ibyo igihugu cye gisaba byashoboka cyane binyuze mu nzira z’ibiganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi, Zelenskyy na Putin.
Uburusiya bwo buhagaze ku mwanzuro umwe, wo gusaba Ukraine kuzinukwa umugambi wo kujya muri NATO.
Nyuma y’ibiganiro byabaye ku wa kabiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Uburusiya Sergey Lavrov yavuze ko Ikintu cyo gusaba agace katarimo intambara byaganiriweho kenshi ku mpande zombi mu gihe Perezida wa Ukraine Zelenskyy we avuga ko ubusabe bwo kurangiza intambara ari bwo abona bushoboka cyane.
Imwe mu miturirwa yo muri Ukraine watwitswe n’ibisasu by’Uburusiya ku wa Gatatu bari kugerageza kuwuzimya
















