Kuri Uyu wa Kane hazindutse havugwa urupfu rw’Umuhanzi Tuyishime Joshua, wabaye icyamamare igihe kinini ku izina rya Jay Polly, washizemo umwuka azize uburwayi.
Abantu batandukanye bakomeje kubabazwa no gutungurwa n’uburyo uyu muhanzi waguye ku Bitaro bya Muhima yashizemo umwuka ku myaka 33 amaze ku Isi, mu gihe we na bagenzi be bari bategerejwe kwitaba urukiko taliki ya 2 Ukuboza 2021.
Jay Polly yari amaze igihe afumgiye muri Gereza ya Nyarugenge, iri I Mageragere, ari naho yavaga agiye kuburana ku cyaha yakekwagwaho cyo gukoresha ibiyobyabwenge.
Jay Polly yazanywe ku Muhima inshuro ya kabiri; bivugwa ko yazize ibintu we na bagenzi be bakoroze baranywa muri Gereza aho yari afumgiye, we araremba bamuzana ku Bitaro bya Muhima asa n’uworoherwa asubizwa kuri Gereza ariko aza kongera kuremba ari bwo bongeraga kumuharurayo birangira apfuye. Bagenzi be basangiye ibyo bakoroze bakanywa bo nta ngaruka zikomeye byabagizeho baracyari bazima.
Urwego rw’igihugu rushinzwe amagereza RCS ntiruratangaza icyahitanye uwo muhanzi.
Imana imwakire mu Bayou!
















