Saturday . 18 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Umuhungu wa perezida Kagame yashyizwe mu nama y’ubutegetsi ya RDB n’Inama y’abaminisitiri

Wednesday 20 May 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre

Inama y’abaminisitiri mu Rwanda yaraye yemeje kugumishaho nyinshi mu ngamba zafashwe mu kwirinda coronavirus, kimwe mu bindi byemezo byayo ni ugushyira mu myanya y’ubutegetsi ya RDB, Ivan Kagame, umuhungu wa Perezida Paul Kagame.
Ku nshuro ya mbere, Inama y’abaminisitiri – yari iyobowe Bwana Kagame – yashyize umwe mu bana be mu myanya y’ubutegetsi.

Ivan Kagame, yashyizwe mu bagize inama y’ubutegetsi y’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere, RDB.

Iki kigo nicyo gicunga iby’ubukerarugendo, kwandika ibigo by’ubucuruzi mu Rwanda n’ibindi.

Ivan Kagame w’imyaka 30, wize amashuri muri Amerika, ntabwo akunze kugaragara mu ruhando rwa politiki, mu itangazamakuru cyangwa ku mbuga nkoranyambaga.
Mu 2018 yarangije ikiciro cya gatatu cya kaminuza mu by’ubucuruzi muri University of Southern Calfornia.

Inama y’Ubutegetsi y’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, yavuguruwe inongerwamo amaraso mashya aho babiri mu bari bayisanzwemo basimbujwe, ndetse abari bayigize bava kuri barindwi baba icyenda.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, RDB, cyashinzwe mu 2009 gihabwa inshingano zo guhuza inzego zose za Guverinoma hagamijwe kureshya abashora imari mu Rwanda no koroshya uburyo ishoramari rikorwamo mu gihugu.

Imwe mu myanzuro yafashwe n’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri:
Amasaha yokugera murugo yagabanyijwe azajya ahera saa tatu z’ijoro aho kuba saa mbiri, insengero, utubari, amashuri, bizakomeza gufunga.

Moto n’amagare bizongera gutwara abantu tariki 01/06/2020, hemejwe kandi ko abantu bazajya bashyirwa mu kato ubu bazajya biyishyurira zerivisi zose bahabwa.
Iyi nama yatangaje ko Perezida yahaye imbabazi abakobwa 50 bari bafungiye icyaha cyo gukuramo inda, ndetse n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abagororwa 3,596.
Kimwe mu bindi byemezo by’iyi nama y’Abaminisitiri ni ishyirwaho ry’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iby’ikirere (Rwanda Space Agency).

Inshingano z’iki kigo ntabwo zatangajwe, gusa mu kwa cyenda umwaka ushize u Rwanda rwatangaje ko rwohereje icyogajuru, RwaSat-1, mu isanzure cyahagurukiye mu Buyapani.

Leta y’u Rwanda yatangaje ko icyo cyogajuru – cy’uburemere bwa 1,2Kg n’ubunini bwa 10X10cm, kizajya gitanga amakuru kuri ’stations’ ziri i Kigali ku mutungo kamere w’amazi, ibiza, ubuhinzi n’iteganyagihe.

Inkuru ya BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru