Hari bamwe mu baturage bo mu murenge wa Musanze w’aka karere bavuga ko bahisemo kujya baraza inka n’andi matungo mu nzu kubera ubujura bukabije.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa MAMAURWAGASABO TV ubwo yageraga muri uyu murenge, by’umwihariko ahitwa Garuka.
Umwe muri aba baturage witwa Jean Pierre H. yagize ati: "Ikibazo cy’ubujura hano kiraduhangayikishije, twahisemo kujya turaza inka mu nzu; ntakundi twabigenza amatungo bayamaze hano muri Garuka.”
Bwanawili Fidele yagize ati: ”Nta mutekano dufite, amatungo yacu bayamaze, ubu bagiye kuduca ku bworozi kandi noneho ikibazo abaziba barafatwa bakongera kubarekura; ubu se ndikuraza inka mu nzu ari ubundi busirimu, ko ari ukubura uko ugira. Irondo rirakorwa ariko abo bajura baza bafite ibyuma, ntabwo twahangana nabo, bakwica.”
Undi muturage wo mu kagari ka Gapfuro mu murenge wa Musanze yagize ati: "İnka yanjye baherutse kuyiba ejobundi nsigarana agatavu kayo, turasaba izindi ngufu, abajuru baratujogoroje mudutabarize, twabibwiye Gitifu ariko ntacyo byatanze.”
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Musanze Twagirimana Edouard yavuze ko iki kibazo bakizi ko gihari ndetse yasabye abaturage gukaza amarondo bakicungira umutekano.
Ku ruhande rw’inzego zishinzwe umutekano, Twavugishije umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyaruguru SP Jean Bosco Mwiseneza avuga icyo barigukora kuri iki kibazo kibangamiye abaturage.
Yagize ati: ”Ikibazo twavuganye kuva mu kwezi kwa 01/2025, kugeza ubu Mumurenge wa Musanze hibwe inka 6, muri zo hafashwe 4 zisubizwa banyirazo. Ebyiri ziracyashakishwe, hafashwe 5, abakekwaho ubujura bw’amatungo barigukorwaho iperereza."
Umuvugizi wa polisi yakomeje gusaba abaturage gukaza amarondo ndetse yabasabye kujya batangira amakuru ku gihe.
Yakomeje agira ati: ”Ubutumwa duha abaturage,
Police y’u Rwanda iraburira abishora mubikorwa by’ubujura bw’amatungo kubireka burundu kuko bitazabahira.
Police yashyize imbaraga mu bikorwa byo kurwanya ubujura bw’amatungo, abaturage baragirwa inama yo gutangira amakuru kugihe kubakekwaho ubujura bw’Amatungo, bakigishwa icyaha kigakumirwa kitaraba.
Abaturage barasabwa kurara amarondo bagafatanya n’inzego z’umutekano kwicungira umutekano."
Ikibazo cy’ubujura bw’amatungo si ubwambere kivuzwe muri uyu murenge wa Musanze, cyokoze ngo kuri iyi nshuro ubujura bwafashe indi ntera.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje






















