By Imfurayabo Pierre Romeo
Umugabo basanzemo indwara ya Ebola ejo kuwa kabiri mu mujyi wa Goma yamuhitanye mu masaha ya mu gitondo uyu munsi kuwa gatatu nk’uko byemejwe n’abashinzwe ubuzima.
Uyu yari uwa kabiri basanzemo iki cyorezo muri uyu mujyi w’abantu barenga miliyoni. Uwa mbere, nawe yamuhitanye hatarashira amasaha 24 bamusanzemo iyi ndwara.
Porofeseri Jean Jacques Muyembe ushinzwe ibikorwa byo kurwanya Ebola muri Guverinoma ya Kongo amaze kubwira BBC dukesha iyi nkuru ko uyu mugabo nawe yazize indwara ya Ebola mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu.
Uyu murwayi ngo yari yavuye mu gace ka Ituri aho yakoraga imirimo y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Yagaragaje ibimenyetso by’uburwayi kuva mu cyumweru gishize tariki 13 aho yari ku ivuriro riri ahitwa Kiziba rumwe mu rusisiro rw’umujyi wa Goma aho yavurwaga n’umuforomokazi.
Nyuma yaje kugaragaza ibimenyetso birimo kuva amaraso n’ibindi. Ejo kuwa kabiri asuzumwe neza n’abaganga b’inzobere nibwo bamusanzemo Ebola ari nayo yahise imuhitana none kuwa gatatu.
Muri uyu mujyi hari impungenge nyinshi ko iyi ndwara yaba yarageze no ku bandi bantu bakoranyeho n’uyu nyakwigendera gusa abashinzwe ubuzima muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bakaba bari gushakisha abandi baba barakoranyeho nawe ngo bakingirwe amazi atarenga inkombe.
Iyi ndwara ya Ebola ikaba ishobora kugaragaza ibimenyetso mu gihe cy’iminsi 21 umurwayi ayanduye. Uwambere akaba yaragagayeho iyi ndwara ku itariki 14 Nyakanga, hakaba hashize iminsi 17.
Kuva iki cyorezo cyakongera kwanduka mu burasirazuba bwa Kongo mu mwaka ushize, kimaze guhitana abantu barenga 1700.
U Rwanda rwongereye imbaraga mu bikorwa byo gusuzuma iki cyorezo ku mipaka y’Iburengerazuba, n’uwa Gisenyi na Goma by’umwihariko.
Inkuru dukesha BBC Afrique

















