Umuryango wa Perezida wa Felix Tshisekedi, wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, wahakanye wivuye inyuma ibyavugwaga ko umukuru w’igihugu yabazwe umutima kubera ikibazo cy’uburwayi bwawo.
Ni amakuru amaze iminsi acicikana mu bitangazamakuru bimwe ku isi, ko Perezida Tshisekedi yajyanywe kubagwa umutima kandi igikirwa kirimo kugenda neza.
Gusa nta makuru yihariye yigeze ava mu biro by’Umukuru w’igihugu avuga kuri ubwo burwayi.
Ibyo bihuha byatangiye gushyirwa hanze n’imbuga nkoranyambaga nyuma yuko Perezida Tshisekedi agiye kwivuriza mu Bubiligi bamwe batangira gukeka ikibazo cy’umutima.
Byari binaturutse Kandi ku makuru yavuye mu bitangazamakuru byo mu Bubiligi, byavuze ko Perezida Tshisekedi yaba yabazwe umutima, Kandi igikorwa cyagenze neza.
Ikibazo cy’umutima kuri uyu mukuru w’igihugu ntikivuzwe rimwe kuko ubwo yarahiriraga kuba Perezida yagize ikibazo imbere y’imbaga birogoyaho umwanya muto ijambo yagezaga ku baturage, bisa nkaho aguye igihumure ariko mu kanya gato aragaruka arakomeza.




















