Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Urukiko rwateye utwatsi ikirego cya Perezida Ruto

Tuesday 30 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Nyuma y’uko Kandida Perezida Raila Odinga atanze ikirego ku byavuye mu matora, Perezida William Ruto yahise arega sosiyete y’abanyamatego ya Kenya kuba irimo kwivanga mu byavuye mu matora, gusa ikirego cye cyatewe utwatsi.

Ni mu gihe urukiko rw’Ikirenga rwamaze kwakira icya Raila Odinga watsinzwe mu matora ndetse rukaba rwanakiburanishije.

Urukiko rwatesheje agaciro kandi ibindi birego bitatu birimo iby’Umudepite n’uwahoze ari we, bombi bashyigikiye William Ruto, na bo basabaga ko rutesha agaciro kiriya kirego cya Raila Odinga gisaba gusesa ibyavuye mu matora ngo kuko yabayemo uburiganya.

Muri ibi birego icyenda, Urukiko rw’Ikirenga rwemereye abanyamategeko, rwanemeye ikirego cya John Walubengo, Dr Joseph Sevilla na Martin Mirero bifuje kuza muri uru rubanza nk’inshuti z’urukiko.

Uru rukiko rusumba izindi muri Kenya rwemeje ko ibyavuye mu matora muri site 15 zo muri Kenya, byongera kubarurwa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru