Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Urupfu rw’umwirabura rwateje imyigaragambyo muri America

Friday 29 May 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre

George Floyd: Urupfu rwe nyuma yo gutsikamirwa n’umupolisi rwatumye abirabura benshi batuye mu mujyi wa Minneapolis muri Amerika bajya guhangana na polisi.
Habaye imirwano ikomeye hagati y’abapolisi n’abigaragambya mu mujyi wa Minneapolis muri Amerika nyuma y’urupfu rw’umwirabura wapfiriye aho yari afungiye.

Abapolisi bakoresheje imyuka iryana mu maso mu gihe abigaragambya bayiteraga amabuye ndetse bagerageza kwangiza imodoka za polisi.

bapolisi bane bo muri leta ya Minnesota birukanywe nyuma y’urupfu rw’uwo mugabo wari wafunzwe hashize amasaha atsikamiwe hasi umupolisi yamushinze ivi kw’ijosi.

Medaria Arradondo ukuriye polisi y’umujyi wa Minneapolis yemeje ko abapolisi bane bari aho byabereye birukanywe mu gipolisi.

Amashusho yafashwe rwihishwa yerekana uwo mugabo witwa George Floyd atsikimba kandi asubiramo kenshi ati “simbasha guhumeka”, abwira umupolisi w’umuzungu wamushinze ivi ku ijosi.

Ibi byibukije ibyabaye mu 2014 mu mujyi wa New York aho undi mwirabura Eric Garner yapfuye amaze gufatwa no kunigwa n’umupolisi.

FBI yatangaje ko igiye gukora iperereza kuri iki gikorwa cyabaye kuwa mbere nimugoroba mu mujyi wa Minneapolis.

Ku mbuga nkoranyambaga hakwijwe amashusho y’imyigaragambyo i Minneapolis y’abagaragaza uburakari kubera urupfu rwa George Floyd.

Baramagana iyicwa ry’abirabura rikozwe n’abapolisi kandi bagasaba ko abafashe George Floyd bakurikiranwa ku rupfu rwe.

Polisi ya Minnesota ivuga ko Floyd w’imyaka 46 ukora mu barinda umutekano mu nzu y’uburiro, yapfuye nyuma ‘y’igikorwa cy’ubuvuzi’ no ‘guhura na polisi’.

Jacob Frey ukuriye umujyi wa Minneapolis yabwiye abanyamakuru ko “ibyo yabonye ari bibi” kandi “kuba umwirabura muri Amerika bidakwiye kuba igihano cy’urupfu”.

Ibyabaye i Minneapolis byahereye ku bivugwa ko hari umukiriya wari ushatse kwishyura inoti ya $20 y’impimbano mu iguriro.

Itangazo ryasohowe na polisi rivuga ko uwo mugabo yashatse kurwanya abapolisi akoresheje umubiri we polisi ikabasha kumushyiraho amapingu. Yongeraho ko yari ameze nk’ufite ibibazo by’ubuzima.

Mu mashusho y’iminota 10 yafashwe n’uwabirebaga, uyu mugabo yari yashyizwe hasi umupolisi amushinze ivi ku ijosi, hari aho uyu mugabo yagize ati: “ntunyice”.

Umwe mu bari hafi yumvikana asaba umupolisi kuvana ivi rye ku ijosi ry’uyu wafashwe. Undi agira ati: “ari kuva amaraso mu mazuru”.

Nyuma uyu mugabo bakandiye hasi aboneka atakibasha kunyeganyega, bazana imodoka y’ubutabazi bamushyiramo.

Kuwa kabiri nijoro abapolisi bakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abantu benshi bigaragambije imbere ya polisi ya Minneapolis nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru