Nyuma y’inkuru twabagejejeho mu minsi ibiri ishize y’umusaza Kayitani Habumugisha utuye mu Mudugudu wa Rutingo, mu Kagari ka Mburamazi mu Murenge wa Murunda, mu Karere ka Rutsiro, wavugaga ko yanyazwe umurima we n’umwarimu akazinzikwa n’ubuyobozi ngo bubakiranure ndetse agahiga ko bashobora kuzicana, umuyobozi w’akarere yamusuye akemura ikibazo umusaza yemera ko yakosheje asaba n’imbabazi uwo yavugaga n’abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro burangajwe imbere n’umuyobozi waka Karere, Kayitesi Dative, basuye uyu musaza aho atuye mu mudugudu wa Rutingo ndetse bagera no kuri uyu murima, gusa basanga ibyo uyu musaza yavugaga atari ibyo ahubwo yaraburanaga amahugu.
Akarere kabonye inyandiko ko iyi sambu bayigurishije nk’umuryango uyu musaza n’abavandimwe be bavukamo ndetse nawe ubwe agaragara kuri iyi nyandiko yo kugurisha uyu murima, ndetse yemereye umuyobozi w’aka Karere ko amafaranga y’ubugure yayabonyeho kimwe n’abandi bavukana.
Mu mashusho ayagaragaza uko igikorwa cyagenze, harimo umuyobozi w’akarere Kayitesi Dative yicaye iruhande rw’uyu musaza Kayitani n’abandi baturage barimo n’abavandimwe be, amusobanuza uko yakiriye ibivuye mu ruzinduko yamugiriye kugira ngo amukemurire ikibazo.
Mu gisa nko gukomeza gutsimbarara, umusaza Kayitani yagezeho yemera ko ikibazo gikemutse ndetse asaba imbabazi ko yakoresheje amagambo mabi adakwiye umuntu, kwigamba kwicana, kandi asaba imbabazi n’umukuru w’igihugu unamufasha nk’umusaza ufata amafaranga y’ingoboka yagenewe abageze mu za bukuru batishoboye.
Byasabye ko batera imetero banana n’ushinzwe ubutaka ku karere
Inkuru yabanje: https://www.mamaurwagasabo.rw/Rutsiro-Batewe-impungenge-n-umusaza-uhigira-kwicana-n-uwo-avuga-ko-yamutwariye?var_mode=calcul
Yanditswe na Mahirwe Eulade






















