Umuryango OVPR ugaragaza ko hakiri abanyamakuru badakora kinyamwuga bitewe no kutamenya amategeko.
Abanyamakuru bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu binyuze mu gutangaza amakuru, ariko bamwe na bamwe baracyafite imbogamizi zo kudasobanukirwa amategeko aho usanga rimwe na rimwe bisanga byabaviriyemo gukora ibyaha, nkuko Mr. Bruce Bikotwa umuyobozi w’umuryango Ushinzwe gukurikirana iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’abantu abigaragaza.
Ati”kudasobanukirwa amategeko umunyamakuru ashobora guhura n’imbogamizi zitandukanye harimo nko gutagira ubumenyi bujyanye n’amahame y’umwuga w’itangazamakuru nonoho twebwe nka OVPR tuje kugira ngo dufashe abanyamakuru ari abari mu mwuga n’abatarinjira mu mwuga kugira ngo bakureho izo mbogamizi tubereka ibyo amategeko abemerera nibyo atabemerera”.
Twizeyimana Albert Baudouin ni Umuhuzabikorwa wa Paxpress we avuga ko umunyamakuru ategetswe kumenya amategeko mu rwego rwo kunoza akazi akora.
Ati” Umunyamakuru ategetse kumenya amategeko, Politike z’igihugu akabisoma akabyumva noneho rero umunyamakuru ubundi ntabwo akora inkuru ahubwo atangaza inkuru kandi atabogamye rero nabe umuyoboro wababizi nk’urubuga runyuramo ibitekerezo by’abandi”.
Naho umuyobozi w’akarere ka Huye Sebutege Ange asaba abanyamakuru gukomeza gukoresha neza ikizere abaturage babagirira mu rwego rwo gukomeza gufatanya mu rugendo rw’iterambere.
Ati” Iterambere ry’igihugu cyacu n’itangazamakuru rigiramo uruhare. Icyo tubasaba ni ugukomeza kubakira kuri iyo mikorere n’imikoranire myiza. Navuga ngo itangazamakuru abaturage babagirira ikizere, ninayo mpamvu icyo kizere batugirira mukwiye kugifata neza bigafasha abaturage guhindura bwa buzima bwabo”.
Bamwe mu banyamakuru bitabiriye aya mahugurwa bavuga ko ari ngomba ko umunyamakuru amenya amategeko kuko igihe atayamenye bishobora kumugusha mu byaha.
Byukusenge Annothiatha umunyamakuru wa Forefront Magazine yagize ati” Kugira umunyamakuru amenye amategeko arengera umuturage ni ngomba kandi igihe atabizi bizamugiraho ingaruka nkuko umuvugizi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo yabivuze, uzahora ari umushyitsi kuri RIB”.
Aya mahugurwa yahuje abanyeshuri biga itangazamukuru muri kaminuza, abarimu, abimenyereza umwuga w’itangazamakuru ndetse n’abasanzwe ari abanyamuru ku bitangazamakuru bitandukanye bikorera mu ntara y’amajyepfo.
Akaba yarateguwe n’umuryango OVPR mu rwego rwo gukomeza gufasha abanyamakuru kumenya no gusobanukirwa amategeko kugira ngo babashe kunoza akazi bakora.
Moise Munyaneza




















