Perezida Kagame Paul yatangarije abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi ikintu cyatumaga akatikagaragara agira icyo avuga ku mupira w’amaguru mu Rwanda, by’umwihariko ku ikipe y’igihugu Amavubi.
Yabitangaje kuri iki cyumweru ubwo yahuraga n’abakinnyi n’abatoza n’abandi bagize itsinda rimaze iminsi mu marushanwa y’igikombe cy’Afurika CHAN 2020.
Perezida Kagame yavuze ko mu byatumye amaze igihe atakivuga cyangwa ngo ashyigikire iby’umupira w’amaguru mu Rwanda birimo impamvu zituruka ku bakinnyi n’izituruka ku bayobozi babo.
Ati "Ku rundi ruhande abakinnyi cyangwa se ababayobora babifiteo uruhare. Uruhare rwabaye urw’uko narazaga nkicara tukaganira ndetse ibitekerezo byinshi bikava no mu bakinnyi n’abandi babihugukiwe, tukumvikana ko hari ibintu bigomba gukorwa byafasha kugira ngo abantu batere imbere muri uwo mukino bagire urwego bageraho; byo gutsinda rimwe na rimwe cyangwa se kudashobora kugera ku rwego wifuzaga biza bikurikira kubitegura, amahugurwa n’ibindi."
Yakomeje avuga ko byaje kugeraho mu bayobozi ba ruhago kugeza no mu bakinnyi yabonaga abantu badakurikiza neza ibyo babaga basezeraniye hamwe, babyumvikanyeho ko ari bwo buryo, ari yo mico yo kugera ku ntego.
Ati "Mpitamo gusa n’ubiruhuka, ndavuga ngo ibi bintu biri aha ejo...menyereye ibintu nkora, nshyigikira cyangwa njyamo nkaba mbyumva, nkabona aho bigana. Iyo byanze ntabwo nshyaka ko binsiga izina ribi ry’uruhare naba naragize, icyo gihe mpitamo kubirekera abo boreba nkajya iruhande."
Umukuru w’Igihugu yavuze ko muri ino minsi amaze areba imikinire y’Amavubi mu irushanwa rya CHAN 2020 yasesenguye asanga igihugu noneho gifite ikipe itari mbi, ari naho mpamvu yashatse kongera guhura nabo akabibibwirira amaso ku maso mu gihe yaramaze iminsi abatumaho minisitiri wa Siporo Munyangaju Mimosa.
kipe y’Igihugu yasezerewe mu marushanwa ya CHAN 2020 2021 igeze muri 1/4 ishaka kwinjira muri 1/2.

















